Kuri uyu wa 10 Kanama 2023, perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagize Maurice Mugabowagahunde, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, nyuma y’uko uwari kuri izi nshingano Nyirarugero Dancille yagizwe komiseri muri komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare.

 

Uyu mugabo w’imyaka 42 y’amavuko yari asanzwe ari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi no gushyiraho politiki muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere Mboneragihugu. Afite impamyabumenyi ihanitse mu bijyanye no gushakisha ibisigisigi by’amateka yakuye mu gihugu cya Noruveji mu mwaka wa 2011.

 

Muri kaminuza y’u Rwanda yize amateka, kuri ubu arimo akorera impamyabumenyi y’ikirenga mu bijyanye no gushakisha ibisigisigi by’amateka (archaeology). Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe kandi, Dr. Patrice Mugenzi yagizwe umuyobozi mukuru w’ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative, RCA, kitari gifite umuyobozi.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.