MINEDUC ivuga ko abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye muri uyu mwaka bageraga kuri 91,713, abakoze ibyo bizamini bakaba bari 91,298 bahwanye na 99.5% by’abari biyandikishije.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, hamwe n’Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Irere Claudette, bayoboye gahunda yo gutangaza amanota y’abarangije amashuri yisumbuye