Putin yatabarije Trump avuga ko umutekano we utizewe

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yatabarije Donald Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko umutekano we utizewe akurikije uburyo yahushijwe kabiri mu gihe cyo kwiyamamaza.

 

Trump ubwo yiyamamazaga mu minsi ishize, yarusimbutse kabiri harimo aho umwicanyi yari amurasiye mu ruhame, isasu rigahushura ugutwi.

 

Kuri uyu wa Kane, Putin ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru muri Kazakhstan nyuma y’inama yiga ku mutekano, yavuze ko uburyo Trump yari agiye kwicwa mu gihe cyo kwiyamamaza, byumvikanisha ko n’ubu abamushakaga batishimye.

Inkuru Wasoma:  Perezida wa Amerika yatangaje ko aherutse guhura n’umuntu wapfuye mu myaka 28 ishize

Ati “Mu matora hakoreshejwe uburyo budasirimutse bwo kurwanya Trump harimo n’inshuro nyinshi bagerageje kumwica.”

 

Yakomeje agira ati “N’ubu ndatekereza ko adatekanye kuko hari ibindi bintu nk’ibyo twagiye tubona byabaye mu matora ya Amerika.”

 

Putin kandi yagaragaje Trump nka Perezida w’umunyabwenge Amerika ifite kandi ufite ubunararibonye, amusaba kwitwararika muri iki gihe.

 

Muri Nyakanga na Nzeri uyu mwaka nibwo Trump yarusimbutse, ubwa mbere uwamurashe aramuhusha naho ubwa kabiri uwashakaga kumurasa bamufata atarabikora.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Email: info@imirasiretv.com

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops! Paji uri gushakisha ntabwo ibashije kuboneka