Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ko ahawe ubutaka mu Mujyi wa Kigali yahubaka hoteli.

 

Ni amakuru yatangaje abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, kuri uyu wa Mbere.

 

Yavuze ko Perezida Paul Kagame aramutse amuhaye ubutaka muri Kigali, yahubaka hoteli yitwa ‘Bachwezi Hotel’.

Ati “Afande Kagame aramutse ampaye ubutaka muri Kigali rwagati, nakubaka hoteli yitwa ‘Bachwezi Hotel’.”

 

Ni kenshi Gen. Muhoozi usanzwe ari n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akunze kumvikana mu mvugo zishima u Rwanda, igisirikare cyarwo ndetse na Perezida Paul Kagame.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.