Abanyeshuri biga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nyarupfubire, ishuri riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, bateze abarimu babigisha barabakubita, umwe bamukomeretsa mu mutwe mu buryo bukomeye.

 

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 4 Kamena 2025 ahagana Saa Kumi n’imwe z’umugoroba, ubwo hari harangiye umupira w’amaguru wahuzaga abiga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye n’abigaga guhera mu mwaka wa Kane kugeza mu mwaka wa Gatandatu.

 

Abiga mu mwaka wa Kabiri ngo ntibishimiye imisifurire kuko batsinzwe 1-0 bituma batega abarimu babo mu nzira barabakubita.

Umwe mu barimu uri mu bakubiswe yavuze  ko basohotse ikigo ari abarimu batandatu, bageze hanze bahasanga abana bafite inkoni, abarimu babiri muri bo bahise biruka.

 

Ati “Twari batandatu babiri babonye batwatatse ni abasaza barirutse, twe twari tugiye kwirukanka umwe bamutangije icyuma kimufata mu mutwe arakomereka cyane, undi bagiye kukimutera dukinga amaboko.”

 

Uwakomeretse yahise ajyanwa kwa muganga adodwa mu mutwe ubuyobozi bumusaba kujya gutanga ikirego kugira ngo ababigizemo uruhare babihanirwe.

 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo John, yabwiye IGIHE ko nta muntu n’umwe uratabwa muri yombi, ko umwarimu yamenye wakomeretse ari umwe.

 

Ati “Abarimu twabagiriye inama ko batanga ibirego hanyuma inzego zishinzwe iperereza zikabikurikirana. Ni urugomo rw’abana, bateze abarimu ntabwo ari ubundi bugizi bwa nabi.’’

 

Gitifu Bagabo yavuze ko ubusanzwe abanyeshuri bakwiriye kugira ikinyabupfura nta mpamvu yo gutinyuka abarimu babo kugeza n’aho babakubise.

Yavuze ko inzego z’umutekano zizakora iperereza uwabigizemo uruhare wese akabihanirwa.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.