Ibinyamakuru muri Israel biratangaza ko ‘drones’ zose Iran yari yohereje kurasa muri icyo gihugu mu kwihimura zashwanyagujwe zitaragera ku ntego zazo.

Urwego rwa Home Front Command – rushinzwe kuburira abaturage muri Israel ngo bajye kwihisha ahatamenwa n’ibisasu – rwatangaje ko ubu abantu badakeneye kuguma hafi y’aho bakwikinga ibisasu ariko bakwiye gukomeza kuba maso, nk’uko umunyamakuru wa BBC uri i Yerusalemu abivuga.

Hagati aho umutegetsi w’ikirenga wa Iran Ayatollah Ali Khamenei yavuze ko Israel “igomba kwitegura igihano gikomeye cyane” kubera ibitero byayo muri Iran byaguyemo bamwe mu basirikare bakuru b’iki gihugu.

Yagize ati: “Israel yakoze ubwicanyi ku gihugu cyacu dukunda uyu munsi, igisirikare cyacu ntabwo kizatuma bagenda batabyishyuye”.

Kubera ibi bikorwa by’imirwano ikirere cy’ibihugu bya Israel, Iran, Jordan na Iraq ubu nta ndege iri kukinyuramo nk’uko bigaragazwa na Flightradar24 ikurikirana ingendo z’indege zirimo kuba.

Muri iki gitondo, kompanyi ya Air France yatangaje ko ihagaritse ingendo zayo zerekeza i Tel Aviv muri Israel kugeza hatanzwe andi makuru mashya.

Iran na yo yarashe ‘drones’ zisaga 100 kuri Israel

 

Brig Gen Effie Defrin, umuvugizi w’igisirikare cya Israel yatangaje ko Iran yarashe “drones hafi 100 zigana ku butaka bwa Israel” avuga ko barimo kwitegura gushwanyaguza.

Defrin yemeje ko umugaba mukuru w’ishami ry’ingabo za Iran rizwi nka Islamic Revolution Guard Corps (IRGC), hamwe n’umugaba w’ibikorwa by’ubutabazi mu ngabo bishwe mu bitero bya Israel.

Ibi byari byatangajwe mbere n’igitangazamakuru cya leta muri Iran ko Maj Gen Hossein Salami ukuriye IRGC yishwe.

Israel na yo yatangaje ibihe bidasanzwe.

Abatabazi bazimya umuriro barimo kugerageza gutabara kuri imwe mu nyubako zarashweho i Tehran

Uko byatangiye

 

Abasesenguzi bavuga ko umwuka wari mubi cyane muri iyi minsi hagati ya Iran na Israel ariko ibi ibitero bya gisirikare bitari byitezwe aka kanya.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko we yabwiye Fox News ko bo bari bamenye mbere iby’iki gitero Israel yagabye.

Nyuma gato ya saa kumi z’igitondo ku isaha ya Iran (saa kumi n’imwe ku isaha ya Gitega na Kigali) hatangiye kumvikana ibisasu mu murwa mukuru Tehran.

Nyuma gato, minisiteri y’ingabo ya Israel yahise itangaza ko irimo kurasa muri Iran kandi itangaza ibihe bidasanzwe muri Israel, ivuga ko ibitero byo kwihimura bya Iran byitezwe “vuba bishoboka”.

Intabaza zirangiriye mu murwa mukuru Tel Aviv, kandi abantu bohererezwa ubutumwa kuri telefone zabo ko bagomba kwitegura kujya mu bwihisho butekanye igihe icyo ari cyo cyose, nk’uko umunyamakuru wa BBC uri yo abivuga.

Mu gitondo kare cyane ibisasu bya Israel byatangiye kwisuka ku murwa mukuru Tehran

Indege z’intambara bivugwa ko zirimo za F-35 za Israel ni zo zatunguye Iran zitangira gusuka ibisasu mu bice bitandukanye by’iki gihugu, no ku murwa mukuru.

Umwe mu basirikare ba Israel yabwiye BBC ko Iran yari imaze kugera ku gikoresho cyo gukora bombe za kirimbuzi “mu minsi” gusa.

Guhaguruka no kugwa kw’indege zose ku kibuga cy’indege cya Tehran byahise bihagarikwa mu gihe n’ingendo zigana i Tel Aviv na zo zajyanywe ahandi, nk’uko bigaragazwa n’urubuga FlightRadar24.

Televiziyo ya leta ya Iran yatangaje ko ibitero bya Israel birimo no kwibasira ibice bituwe n’abaturage ndetse hari abamaze kwicwa n’ibi bitero, barimo n’abana.

Amerika izatabara Israel nibishoboka – Trump

 

Umunyamakuru wa Bret Baier wa Fox News yatangaje ko yavuganye na Perezida Donald Trump akamusubiriramo ko Washington idafite uruhare muri ibi bitero Israel irimo gukora.

Fox News ivuga ko Trump yagize ati: “Iran ntishobora kugira igisasu kirimbuzi kandi twizeye gusubira ku meza y’ibiganiro. Tuzareba. Hari abantu benshi mu butegetsi [bwa Iran] batazagaruka”.

Fox News ivuga ko Trump yongeyeho ko Amerika izafasha mu gutabara Israel mu gihe Iran yaba itangiye kwihimura.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.