Imirwano ‘ikomeye’ ku wa gatandatu no ku cyumweru yashyamiranyije inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo muri teritwari ya Rutsuru mu gace ka Nyanzale mu ntara ya Kivu ya Ruguru ituma hari abasivile bahasiga ubuzima abandi barahunga, nk’uko abo muri sosiyete sivile ya Rutshuru babivuga.
Iyo mirwano yatangiye kumvikana ku wa gatandatu ahitwa Kiyeye hagenzurwa na Wazalendo. Amasasu y’imbunda nini n’intoya yatumye abantu benshi baho bahungira muri ‘centre’ ya Nyanzale iri hafi yaho igenzurwa na M23, nk’uko Emile Kambele wo muri sosiyete sivile ya Rutshuru yabibwiye BBC ku cyumweru.
Ku cyumweru nyuma ya saa sita “imirwano ikomeye yakomereje i Nyanzale no mu nkengero zaho, twibaza ko ari Wazalendo na bo bari bateye”, nk’uko Kambele abivuga.
Kambele yabwiye BBC Gahuzamiryango ko batazi neza imibare y’abantu bapfuye n’abavuye mu byabo bahunga iyi mirwano, gusa ko we yamenye “nibura abasivile batatu bapfuye” hafi ya Nyanzale.
Ibinyamakuru muri DR Congo bivuga ko mu bapfuye kubera imirwano yo ku cyumweru nimugoroba harimo umwana.
Radio Okapi iterwa inkunga na ONU ivuga ko umutwe wa Wazalendo witwa CMC wasohoye itangazo wamagana ibitero by’ibisasu bya M23 mu duce bagenzura dutuwe n’abaturage twa Nyarubande, Burambo, Muhanga, Kihondo-centre na Kiyeye byabaye ku wa gatandatu. Iryo tangazo rivuga ko abo barwanyi bazihimura vuba kuri ibyo bitero bya M23, nk’uko Radio Okapi ibivuga.
Imirwano yo ku cyumweru mu gace ka Nyanzale kagenzurwa na M23 ikekwaho ko ari igikorwa cyo kwihimura cya Wazalendo. Uruhande rwa M23 ntacyo rwatangaje kuri iyo mirwano kugeza ubu.