Mu kiganiro n’itangazamakuru i Goma, umutwe wa M23 watangaje ko umaze kwitabira ibiganiro byo muri Doha inshuro enye kandi uteganya kujyayo ku nshuro ya gatanu. Gusa, M23 ivuga ko ibyo biganiro bidatanga umusaruro, kuko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iyakoresha nk’uburyo bwo kwigira inama no kongera imbaraga za gisirikare, igamije kubakura mu bice bamaze gufata.
M23 yatangaje ko Leta ya Congo yahinduye aho itegurira intambara, ubu ikaba ikoresha i Bujumbura mu Burundi nk’ikicaro cyo guteguriramo igitero gikomeye cyo kwigarurira Bukavu na Goma. Bavuze ko indege na drone zirasira mu bice birimo M23 zisigaye zituruka i Bujumbura.
Umutwe wa M23 wongeye gutangaza ko Leta ya Congo yaguze drone za kamikaze z’ubwiyahuzi, zagenewe kuraswa mu bice bigenzurwa na M23, ibintu bavuga ko byongera impungenge ku mutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Ibi birego bije mu gihe ibiganiro bya Doha bikomeje kugaragara nk’umuhate wo gushaka amahoro arambye mu burasirazuba bwa Congo, nubwo impande zombi zikomeje gushinjanya kwitegura intambara aho gushakira umuti ibibazo mu nzira y’ibiganiro.