Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Kabiri cyamaganye cyivuye inyuma ibyo cyise uruhererekane rw’ibitero by’uruhurirane kivuga ko inyeshyamba za M23 zagabye ku birindiro by’ingabo zacyo.
Umuvugizi wa Zone ya gatatu y’Ingabo za RDC, Major Nestor Mavudisa, mu itangazo yasohoye yavuze ko M23 yagabye ibitero bikurikiranye ku birindiro by’ingabo za Leta biri mu duce twa Kamatembe na Kalao duherereye muri Groupement ya Mubuku ho muri Teritwari ya Kalehe, ku wa 12 Nyakanga.
Nk’aho ibyo bidahagije, M23 ngo yateguye inagaba ikindi gitero mu giturage cya Kashihe na cyo cyo muri Kalehe, ku wa Mbere tariki ya 14 Nyakanga.
Mavudisa yunzemo ko mu gitondo cy’ejo ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga na bwo M23 yagabye ibitero ku birindiro byari bifitwe na FARDC ahitwa Mwendabandu, muri Groupement ya Banyungu ho muri Teritwari ya Masisi.
Uyu Ofisiye yavuze ko “imirwano [yo muri Mwendabandu] yamaze umunsi wose.”
Yunzemo ati: “Ikindi, kuri iyi tariki bagabye ikindi gitero ku birindiro biri haruguru y’igiturage cya Batanga, muri Groupement ya Irambi Katana, Teritwari ya Kabare.”
FARDC ivuga ko ibyakozwe na M23 bitagize kwica agahenge kemeranyijweho gusa, ko ahubwo binagamije kudobya ibiganiro Leta ya RDC iri kugiranira na AFC/M23 i Doha.
Ingabo za Leta zirashinja M23 kuzigabaho ibitero, mu gihe ku rundi ruhande uyu mutwe na wo uzishinja kuba zikomeje kurunda ingabo mu bice bitandukanye kugira ngo ziwugabeho ibitero.