Indege ya Bat Hawk yaguruka hejuru y’ikirere gikikije site y’amateka ya Ishango muri Parike ya Virunga, yakoze impanuka kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 23 Nyakanga, ihitana abantu babiri muri kiriya gice cya Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bw’Ikigo cya Congo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (ICCN) mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryohererejwe  ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru.

Abakozi bombi batarokotse, inyandiko yongeraho ko ari bashinzwe kurinda pariki babiri bari mu butumwa bwo gucunga umutekano mu ndege.

Iryo tangazo rigira iti: “Abahitanywe n’iyi mpanuka ni Bwana Claude Nguo, wari utwaye indege, na Bwana Daniel Kwamire. Ibi byabaye mu gihe bari bashinzwe umutekano w’abakozi ba ICCN bakorera muri Parike”.

 

ICCN kandi yagize iti: “iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane neza neza icyateye iyi mpanuka .” Yashimangiye kandi “ubwitange budahwema mu guharanira umutekano w’abakozi bayo no gukomeza ubutumwa bwo kurinda urusobe rw’ibinyabuzima muri Parike y’Igihugu ya Virunga .”

 

Parike ya Virunga, agace karinzwe gaherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka ijana, yahuye n’ibibazo byinshi by’umutekano, aho abarinzi bayo barenga 200 bamaze kwicwa mu myaka 20 ishize.