Urukiko Rukuru rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa 25 Nyakanga 2025 ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019.

 

 

Uru rubanza rugiye kuba nyuma y’aho tariki ya 22 Gicurasi, umutwe wa Sena wambuye Kabila ubudahangarwa kuko asanzwe ari Senateri w’ubuzima bwose, kugira ngo akorweho iperereza.

 

Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya RDC bushinja Kabila icyaha cyo kugambanira igihugu, kujya mu mutwe w’ingabo utemewe, ibyaha bibangamira amahoro n’ibyibasira inyokomuntu, gufata ku ngufu ndetse n’iyicarubozo.

 

Ibi byaha bifitanye isano no kuba Ubushinjacyaha buhamya ko Kabila ari umwe mu bayobozi ba AFC/M23, ihuriro rigenzura umujyi wa Goma kuva muri Mutarama n’uwa Bukavu kuva muri Gashyantare 2025.

 

Ubushinjacyaha buvuga ko bwakoze iperereza ryimbitse ku byaha bushinja Kabila, riherekejwe n’ibimenyetso ndetse n’ubuhamya byavuye mu mujyi wa Goma n’ahandi buvuga ko byakorewe.

 

 

Leta ya RDC imaze igihe yemeza ko Kabila aba mu buyobozi bwa AFC/M23, gusa muri Werurwe 2025 yatangaje ko ibyo ari ibinyoma, kuko iyo aba biba ari ukuri, abarwanyi b’iri huriro baba barageze kure.

 

Muri Gicurasi 2025, Kabila yagiye i Goma avuye mu buhungiro yari amazemo igihe kirenga umwaka mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Hari hashize iminsi ateguje ko azasubira mu gihugu cye gutanga umusanzu mu kugarura amahoro.

 

I Goma n’i Bukavu yahahuriye n’Abanye-Congo bo mu byiciro bitandukanye, barimo abanyamadini, abanyapolitiki, abahagarariye sosiyete sivile n’amahuriro y’abagore n’urubyiruko, kugeza muri Kamena baganira ku buryo amahoro yaboneka muri RDC.

 

Mbere y’uko Kabila ajya i Goma, yatangaje ingingo 12 ahamya ko zafasha iki gihugu kubona amahoro. Harimo gusenya imitwe yitwaje intwaro, ibiganiro n’ubwiyunge hagati y’Abanye-Congo, ibiganiro n’ibihugu by’ibituranyi no guhagarika ubutegetsi bw’igitugu.

 

Urugo rwa Kabila ruherereye i Goma ubu ni byo biro bye bihoraho gusa uru rubanza rugiye gutangira atari muri uyu mujyi. Abakorana na we bya hafi bemeza ko azawusubiramo.