Umutwe wa AFC/M23 ukomeje kurwanira n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Masisi, ku wa Mbere wigaruriye uduce dushya two muri iriya Teritwari iri mu zigize intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni uduce turimo aka Ngululu na Ndete twombi two muri Groupement ya Nyamaboko ya mbere.

Utu duce twombi uriya mutwe watwigaruriye nyuma yo kutwirukanamo abarwanyi ba b’imitwe ya Wazalendo imaze igihe irwana ku ruhande rw’ingabo za Leta, mu mirwano yabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga.

 

Amakuru aturuka muri Masisi avuga ko ingabo za AFC/M23 zagabye igitero muri turiya duce twombi Wazalendo zari zahungiyemo, nyuma yo kwirukanwa mu kandi gace ka Mulema kagenzurwa na M23 kuva mu mpera z’icyumweru gishize.

 

Muri Masisi hakomeje kubera imirwano, mu gihe hashize iminsi 10 AFC/M23 na Leta ya RDC basinyanye amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara.

 

Uyu mutwe ukomeje kurwana n’ihuriro ry’ingabo za Leta, mu gihe kuri uyu wa Kabiri ari wo munsi ntarengwa wo na Kinshasa biyemeje kuba bamaze kubahiriza ibyo bemeranyirije i Doha; birimo no gutanga agahenge gahoraho.