M23 yagabye igitero gikomeye mu gace ka Kaniola na Mulamba, gaherereye muri Teritwari ya Walungu, mu Ntara ya Kivu y’Epfo, mu ijoro ryo ku wa 7 Kanama, nigitero cyatangiye  ahagana saa tatu n’igice z’ijoro (21:30).

 

 

Amakuru yizewe  aturuka mu baturage ndetse n’inzego zitandukanye z’aho byabereye, yemeza ko izi nyeshyamba zahise zigarurira ako gace, zikaba zikomeje kwerekeza mu gace ka Nzibira kari hafi cyane ya Kaniola, mu birometero bike uvuye aho imirwano yatangiriye.

 

Ibi bitero bibaye nyuma y’amasaha make inyeshyamba za M23 zikoze ikiganiro n’anyamakuru i Goma, ku wa 7 Kanama ahagana saa 16:00, aho zashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kugaba ibitero mu gace ka Minembwe, ndetse zemeza ko zitazitabira ibiganiro by’amahoro biteganyijwe kubera i Doha, muri Qatar.

 

Nyuma y’iyo nama n’abanyamakuru, hashize amasaha atatu gusa hatangiye imirwano yahise irangira izo nyeshyamba zigaruriye Kaniola na Mulamba.  Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane,  bamwe mu baturage bari bamaze gusubizwa mu byabo nyuma y’aho bahungiye kubera imirwano.

 

 

Amakuru aturuka mu baturage avuga ko M23 itigeze ihura n’inkomyi ikomeye ubwo yinjiraga muri Kaniola. Abaturage benshi bahise bata ibyabo barahunga, ariko bamwe batangiye gusubira mu byabo nyuma yo kumva ko imirwano ihagaze.

 

 

 

Ibi bibaye mu gihe harateganyijwe ibiganiro bya kabiri by’amahoro hagati ya Leta ya Congo na M23, byagombaga kubera i Doha ku wa 8 Kanama 2025.