Ukraine n’u Burisiya byahanye imfungwa z’intambara 84 kuri buri gihugu, aho mu mfungwa zatanzwe n’u Burusiya harimo izari zimaze imyaka irenga 10 zifungiye muri iki gihugu.
Ni igikorwa cyabaye ku wa 14 Kanama 2025, mu gihe hategerejwe inama ikomeye izahuza Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, ibera muri Alaska kuri uyu wa 15 Kanama 2025.
Igisirikare cy’u Burusiya cyavuze ko iki gikorwa kugira ngo kigerweho byagizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, ndetse ko imfungwa zarekuwe zahise zitangira gukurikiranwa mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe.
Ku rundi ruhande Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko mu mfungwa bahawe harimo n’izari zimaze igihe kinini zifungiye mu Burusiya kuko hari izafunzwe mu 2014, 2016 na 2017, gusa avuga ko “iri hererekanywa ry’imfungwa rizakomeza kubaho”.
Muri izo mfungwa kandi harimo abasirikare barwanyije u Burusiya mu 2022 ubwo bwigaruriga agace ka Mariupol kahoze ari ako muri Ukraine.
Mu masezerano aheruka yo muri Nyakanga 2025, ibihugu byombi byemeranyije guhana imfungwa 1200 kuri buri gihugu, ndetse u Burusiya bwemera ko buzaha Ukraine imirambo 3000 y’abasirikare bayo baguye mu Burusiya.