Umukozi w’Urwego rushinzwe kurinda abayobozi bakuru ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Secret Service, wari mu itsinda ririnda Visi Perezida JD Vance, yahagaritswe by’agateganyo akekwaho gutangaza amakuru y’ibanga ajyanye n’ingendo ze.
Amakuru yatangajwe na CNN avuga ko uwo mukozi ari gukorwaho iperereza ry’imbere mu rwego, nyuma y’uko abayobozi bagaragaje ko ashobora kuba yarahaye itangazamakuru amakuru arebana n’imikorere y’itsinda ririnda Vance.
Ntiharamenyekana niba iperereza rizakurikirwa n’ibihano byo mu kazi cyangwa ikurikiranwa nshinjabyaha. Uwo mukozi ntiyirukanwe, ahubwo yashyizwe ku ruhande mu gihe iperereza rikomeje.
Akekwaho kuba yarabaye isoko y’inkuru iherutse gutangazwa na MS NOW, yavugaga ko bamwe mu bashinzwe umutekano wa Vance batishimiye umutwaro uterwa na gahunda nyinshi z’ingendo ze bwite.
Muri ayo makuru harimo umugambi wari uteganyijwe wo gutwara Vance n’umuhungu we muri kajugujugu ya Marine Corps, bagiye kwiga gukina golf. Uwo mugambi waje guhagarikwa utarashyirwa mu bikorwa.
Gushyira hanze ayo makuru byarakaje abayobozi ba Secret Service, FBI n’abo muri White House, kuko yari akubiyemo amakuru y’imikorere ashobora kugira ingaruka ku mutekano wa Visi Perezida. Iperereza riyobowe n’ishami rya Secret Service rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abakozi baryo.
Ibi bibaye mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwiyemeje gukaza ingamba zo guhana abantu batangaza amakuru ya Leta batabifitiye uburenganzira.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, abanyamakuru bane ba The New York Times bategetswe kwitaba urukiko mu iperereza ku nkuru banditse ku bikoresho by’umutekano byo mu ndege nshya yagenewe Trump, yatanzwe na Qatar.
