Ingabo zirwanira mu mazi za Sri Lanka, kuri uyu wa Gatatu zemeje ko zarokoye abantu 32 nyuma y’aho zihamagawe n’ubwato bw’ingabo zirwanira mu mazi bwa Irani ‘IRIS Dena’.
Umuvugizi w’Ingabo za Sri Lanka zirwanira mu mazi, Budhika Sampath, yagize ati: “Nubwo byari birenze amazi yacu, byari mu karere kacu ko gushakisha no gutabara. Bityo twari dufite inshingano zo gutabara nk’uko byari byitezwe n’amahanga.”
Yongeraho ati: “Twasanze abantu bareremba hejuru y’amazi, turabarokora, hanyuma ubwo twabazaga twasanze abo bantu bari bari mu bwato bwa Iran.”
Avuga kandi ko nk’uko inyandiko z’ubwato zibigaragaza, bikekwa ko hari abantu 180 bari muri ubwo bwato, nubwo umubare nyawo w’ababuriwe irengero utazwi.
Uyu muvugizi avuga ko ubwo batangizaga ibikorwa by’ubutabazi batabonye ubwato ahubwo babonye ahantu hamwe na hamwe hari peteroli mu mazi n’amato y’ubutabazi areremba.
Yanabwiye BBC ko atemeranya n’amakuru avuga ko igitero aricyo cyateye kurohama ku bwato, kandi ko icyabiteye kitazwi.
Mbere yaho, umunyamabanga wa minisiteri y’ingabo z’igihugu, ushinzwe ingabo zirwanira mu kirere, Sampath Thuiyakontha, yabwiye BBC Sinhala ko abantu bagera ku 140 baburiwe irengero.
Kugeza ubu, igisirikare cya Sri Lanka ntikirabasha kwemeza icyaba cyarateye ubwato kurohama.