Umuhango w’irahira rya Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, wabereye kuri uyu wa Mbere ku kigo cya gisirikare giherereye mu murwa mukuru w’ubutegetsi, Dodoma, witabirwa n’abaperezida bane bonyine bo muri Afurika.
Ni umuhango wabaye mu bihe byihariye, aho umutekano wari wakajijwe cyane, abaturage basanzwe batemererwa kuwitabira, ndetse interineti mu gihugu hose ikaba yari yacitswe. Ibi byose byabaye mu gihe igihugu kikiri mu bihe by’ubwoba n’amakimbirane yavutse nyuma y’amatora aherutse guteza imyigaragambyo ikomeye.
Perezida Samia, mu ijambo rye, yavuze ko imyigaragambyo yahitanye ubuzima bwa benshi yatewe n’abantu baturutse hanze y’igihugu, atari Abatanzania ubwabo. Yavuze ko ubuyobozi bwe buzakora ibishoboka byose kugira ngo igihugu gisubire mu mutuzo no mu bumwe.
Abaperezida b’ibihugu byaturanye na Tanzania – aribyo Kenya, Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), na Rwanda – bose ntibatashye uwo muhango.
Abitabiriye ni Hakainde Hichilema wa Zambiya, Évariste Ndayishimiye w’u Burundi, Daniel Chapo wa Mozambike, na Hassan Sheikh Mohamud wa Somaliya.
Uwo muhango w’irahira wihariye cyane ugaragaza impinduka ikomeye ugereranyije n’iy’abaperezida babanje muri Tanzania, kuko bo barahiriraga imbere y’ibihumbi by’abaturage mu bibuga by’imipira byuzuye abantu.