Abantu batandatu, Abarusiya bose, bapfuye nyuma y’uko ubwato bw’ubukerarugendo burohamye nko muri kilometero imwe uvuye ku nkombe za Misiri. Guverineri waho yavuze ko abakerarugendo 39 barokowe, kandi nta muntu wabuze.
Guverineri Major General Amr Hanafi yavuze ko ba mukerarugendo 45 muri ubwo bwato baturutse mu Burusiya, Norvege, Suede n’u Buhinde, hamwe n’abakozi batanu bo mu Misiri.
Isosiyete ishinzwe ubu bwato busanzwe bugendera munsi y’amazi, Sindbad, yahagaritse ingendo ziri imbere kandi abayobozi barimo gukora iperereza.
Abantu batari bake bavuganye na BBC kugirango bababwire ibyababayeho mu bwato bugendera munsi y’amazi bwa Sindbad. Mukerarugendo umwe we yasangije amashusho y’urugendo rwabo muri iyi weekend ishize.
Kugeza ubu ntituramenya icyateye kurohama.
Umwe mu barokotse aganira n’itangazamakuru ry’u Burusiya, yavuze ko ubwo bafataga imyanya yabugenewe, amazi yatangiye “kwisukamo” kuko ibyatsi bibiri byari bifunguye. Yavuze ko ari nk’aho ubwo bwato bwavuye ku “kintu icyose ari cyo cyose cyari kibufashe”.
Ariko andi makuru ataremezwa avuga ko ubwo bwato bwakubise ikintu muri metero 20 kandi butakaza uburinganire.