banner

Abasirikare 300 ba Afurika Y’Epfo bari i Goma basabye gutaha bihishe

Abasirikare babarirwa muri 300 ba Afurika y’Epfo na bagenzi babo b’umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika yo mu majyepfo (SADC) bari mu Burasirazuba bwa DRC bahanganye n’ umutwe wa M23 basubiye iwabo banyujijwe mu Rwanda.

 

Nyuma yo gutsindwa mu rugamba i Goma aho bari bafatanyijemo n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Wazelendo, umutwe w’iterabwoba wa FDLR ndetse n’Abarundi mu kwezi gushize, abasirikare ba SADC biganjemo aba Afurika y’Epfo bamanitse igitambaro cy’ umweru kigaragaza ko batsinzwe, basubira mu bigo barimo bibiri kimwe kiri Mubambiro ikindi ku kibuga cy’ indege i Goma.

 

Aba basirikare basabye gutaha banyuze ku kibuga cy’ indege cya Goma barangirwa kuko cyangijwe n’ intambara, bemererwa gutaha banyuze ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi.

Inkuru Wasoma:  Hagiye kubakwa ‟Musanze Convention Center”

 

Kuva tariki 21 Gashyantare abasirikare ba SADC bemerewe gutaha ariko bashaka gutwara ibikoresho byabo by’intambara. Bivugwa ko ibi bikoresha byari bihishemo n’amabuye y’agaciro.

 

Umwe mu bayobozi ba M23 yavuzeko abasirikare ba SADC bashatse gutaha bambaye imyenda itari iy’akazi ariko barabyangirwa.

 

Iki kandi, ngo basabye gutaha ariko nta munyamakuru ubafashe ifoto, ngo bagaragare mu itangazamakuru.

Agira ati” ibiganiro birakomeje kuko ntibashaka kujya mu itangazamakuru, kandi n’ ubwo ari abasirikare batsinzwe bari mu biganza byacu tugomba kubarinda.”

Abasirikare 300 ba Afurika Y’Epfo bari i Goma basabye gutaha bihishe

Abasirikare babarirwa muri 300 ba Afurika y’Epfo na bagenzi babo b’umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika yo mu majyepfo (SADC) bari mu Burasirazuba bwa DRC bahanganye n’ umutwe wa M23 basubiye iwabo banyujijwe mu Rwanda.

 

Nyuma yo gutsindwa mu rugamba i Goma aho bari bafatanyijemo n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Wazelendo, umutwe w’iterabwoba wa FDLR ndetse n’Abarundi mu kwezi gushize, abasirikare ba SADC biganjemo aba Afurika y’Epfo bamanitse igitambaro cy’ umweru kigaragaza ko batsinzwe, basubira mu bigo barimo bibiri kimwe kiri Mubambiro ikindi ku kibuga cy’ indege i Goma.

 

Aba basirikare basabye gutaha banyuze ku kibuga cy’ indege cya Goma barangirwa kuko cyangijwe n’ intambara, bemererwa gutaha banyuze ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi.

Inkuru Wasoma:  Hagiye kubakwa ‟Musanze Convention Center”

 

Kuva tariki 21 Gashyantare abasirikare ba SADC bemerewe gutaha ariko bashaka gutwara ibikoresho byabo by’intambara. Bivugwa ko ibi bikoresha byari bihishemo n’amabuye y’agaciro.

 

Umwe mu bayobozi ba M23 yavuzeko abasirikare ba SADC bashatse gutaha bambaye imyenda itari iy’akazi ariko barabyangirwa.

 

Iki kandi, ngo basabye gutaha ariko nta munyamakuru ubafashe ifoto, ngo bagaragare mu itangazamakuru.

Agira ati” ibiganiro birakomeje kuko ntibashaka kujya mu itangazamakuru, kandi n’ ubwo ari abasirikare batsinzwe bari mu biganza byacu tugomba kubarinda.”

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!