Mu Mujyi wa Beni, umurwa mukuru w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri ubu, kuwa Kabiri, itariki 30 Nzeri habaye imyigaragambyo y’Abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bavuga ko bamaze amezi 8 badahembwa.

 

Abigaragambyaga bahagaritse gato urujya n’uruza ku muhanda wa Beni-Kasindi, cyane cyane kuri bariyeri ya Paida. Iyi nyigaragambyo yabayemo ibikorwa bimwe na bimwe, birimo kwangiza inzugi z’amaduka amwe n’ubusahuzi.

 

 

Umwe mu bigaragambyaga wari ufite umujinya mwinshi yagize ati: “Twavuye muri Petit Nord. Kuva twagera hano i Beni, ubu tumaze amezi umunani, ariko umushahara wacu nturaza. Badusubize uburenganzira bwacu”.

 

 

Iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga ko umutwe ushinzwe imyitwarire mu gisirikare (Military Police) baje guhagarika imyigaragambyo no kugarura umutekano.

 

 

Lieutenant Elongo Marc, Umuvugizi w’Ibikorwa bya Sokola I muri Grand Nord na Front Nord yijeje ko imyigaragambyo yahagaritswe kandi ko umuhanda wongeye kuba nyabagendwa kuri axe ya Beni-Kasindi. Yavuze kandi ko inzego zibishinzwe zamaze kumenya iki kibazo kandi zirimo gushakisha igisubizo.