Mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, hari impungenge zikomeye z’ubwandu bushya bwa virusi itera Sida, cyane cyane mu byiciro by’abaryamana bahuje ibitsina n’abakora uburaya.

 

 

Uburyo iyi virusi ikomeje gukwirakwira byatumye hatangizwa ubukangurambaga bwo kwirinda, buherekezwa no gutanga udukingirizo n’imiti irinda kwandura.

 

 

Imibare ya 2024 y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yerekanye ko muri 37 bapimwe barimo abaryamana bahuje ibitsina, 10,5% basanganwe virusi ya Sida. Mu bagore n’abakobwa 847 bakora uburaya bapimwe, 28,8% bayisanganywe.

 

 

Kubera iyo mpamvu hatanze udukingirizo ibihumbi 20 n’imiti yifashishwa mu kurinda kwandura mu mibonano idasanzwe. Uyu muryango uvuga ko hari gukomeza ubukangurambaga no kohereza abamaze kwandura ku bigo nderabuzima kugira ngo bitabweho.

 

 

Abayobozi b’Ubuzima mu Karere bemeza ko hari kudohoka mu gukangurira abantu kwirinda, bamwe bakibwira ko Sida itagihari. Gusa imibare igaragaza ko buri mwaka mu Rwanda abantu 3200 bandura Sida, mu gihe 2600 bayitakariza ubuzima.

 

 

Abahanga mu buzima baributsa ko Sida itarashira kandi ko ibihe byo kwirara bishobora gusubiza inyuma intambwe imaze guterwa mu kuyirwanya.