banner

Abayobozi barashinjwa kwiba umuceri ugenewe abanyeshuri

Ku cyumweru tariki 8 Ukwakira 2023 hatawe muri yombi uwari Umucungamutungo n’Uwari ushinzwe ububiko kuri Groupe Scholaire Karubamba bakurikiranweho kwiba umuceri wo kugaburira abanyeshuri. Aba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo.

 

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Uwimana Marcelline yabwiye Kigali Today ko aba bombi bakekwaho kwiba ibiro birenga 100 by’umuceri. Binavugwa ko uyu ushinzwe umutungo hari ibindi biro 25 yahembye abazamu b’ikigo aho kubahemba amafaranga.

Inkuru Wasoma:  ‘Wa mugore we ufite ibitugu bihengamye’ inkuru y’uyu mugabo wabwiye umugore we ko asigaye anuka mu myanya y’ibanga yabaye indirimbo

 

Abayobozi b’Ibigo by’Amashuri basabwe kwita kuri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri kandi bagahabwa ingano y’ibiribwa ikwiye ariko bakanamenya imicungire y’ububiko bw’ibiribwa. Ati “bakamenya ibyinjiye n’ibisohotse kandi ibisohotse bakamenya ko byageze mu gikoni bikagera no ku bana nk’uko byasohotse.”

 

Haracyakomeje iperereza mu rwego rwo kumenya niba hari abandi bafatanije kugira ngo na bo bagezwe imbere y’ubutabera.

Abayobozi barashinjwa kwiba umuceri ugenewe abanyeshuri

Ku cyumweru tariki 8 Ukwakira 2023 hatawe muri yombi uwari Umucungamutungo n’Uwari ushinzwe ububiko kuri Groupe Scholaire Karubamba bakurikiranweho kwiba umuceri wo kugaburira abanyeshuri. Aba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo.

 

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Uwimana Marcelline yabwiye Kigali Today ko aba bombi bakekwaho kwiba ibiro birenga 100 by’umuceri. Binavugwa ko uyu ushinzwe umutungo hari ibindi biro 25 yahembye abazamu b’ikigo aho kubahemba amafaranga.

Inkuru Wasoma:  ‘Wa mugore we ufite ibitugu bihengamye’ inkuru y’uyu mugabo wabwiye umugore we ko asigaye anuka mu myanya y’ibanga yabaye indirimbo

 

Abayobozi b’Ibigo by’Amashuri basabwe kwita kuri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri kandi bagahabwa ingano y’ibiribwa ikwiye ariko bakanamenya imicungire y’ububiko bw’ibiribwa. Ati “bakamenya ibyinjiye n’ibisohotse kandi ibisohotse bakamenya ko byageze mu gikoni bikagera no ku bana nk’uko byasohotse.”

 

Haracyakomeje iperereza mu rwego rwo kumenya niba hari abandi bafatanije kugira ngo na bo bagezwe imbere y’ubutabera.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!