banner

AFC/M23 irohereza i Luanda batanu bayihagararira mu biganiro by’amahoro

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereza muri Angola batanu barihagararira mu biganiro by’amahoro birihuza n’abahagarariye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Ibi biganiro bizatangira tariki ya 18 Werurwe 2025, byateguwe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari n’Umuyobozi w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

 

Umuvugizi wa AFC/M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 17 Werurwe 2025 yatangaje ko iri huriro rishimira cyane Perezida Lourenço ku bwo kuba akomeje gushakira uburasirazuba bwa RDC amahoro ubutarambirwa.

 

Leta ya RDC na yo yemeje ko yitabira ibi biganiro. Abayihagararira barayoborwa na Minisitiri w’Ubwikorezi, wanabaye Minisitiri w’Ingabo n’umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro wa MLC, Jean-Pierre Bemba.

Inkuru Wasoma:  Perezida Zelensky mu byishimo by’igitego cya dipolomasi yatsinze u Burusiya

 

Perezida Lourenço yafashe icyemezo cyo gutangiza ibi biganiro nyuma yo kwakira Félix Tshisekedi uyobora RDC, tariki ya 11 Werurwe 2025.

 

Ni mu gihe AU yashimangiraga ko inzira ya politiki ari yo yonyine yahagarika intambara yo mu burasirazuba bwa RDC, nk’uko byemejwe n’abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’amajyepfo (SADC).

 

Kanyuka yatangaje ko AFC/M23 ihagararirwa n’intumwa eshanu mu biganiro biyihuza na Leta ya RDC

AFC/M23 irohereza i Luanda batanu bayihagararira mu biganiro by’amahoro

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereza muri Angola batanu barihagararira mu biganiro by’amahoro birihuza n’abahagarariye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Ibi biganiro bizatangira tariki ya 18 Werurwe 2025, byateguwe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari n’Umuyobozi w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

 

Umuvugizi wa AFC/M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 17 Werurwe 2025 yatangaje ko iri huriro rishimira cyane Perezida Lourenço ku bwo kuba akomeje gushakira uburasirazuba bwa RDC amahoro ubutarambirwa.

 

Leta ya RDC na yo yemeje ko yitabira ibi biganiro. Abayihagararira barayoborwa na Minisitiri w’Ubwikorezi, wanabaye Minisitiri w’Ingabo n’umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro wa MLC, Jean-Pierre Bemba.

Inkuru Wasoma:  Perezida Zelensky mu byishimo by’igitego cya dipolomasi yatsinze u Burusiya

 

Perezida Lourenço yafashe icyemezo cyo gutangiza ibi biganiro nyuma yo kwakira Félix Tshisekedi uyobora RDC, tariki ya 11 Werurwe 2025.

 

Ni mu gihe AU yashimangiraga ko inzira ya politiki ari yo yonyine yahagarika intambara yo mu burasirazuba bwa RDC, nk’uko byemejwe n’abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’amajyepfo (SADC).

 

Kanyuka yatangaje ko AFC/M23 ihagararirwa n’intumwa eshanu mu biganiro biyihuza na Leta ya RDC

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!