Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, inyeshyamba za AFC/M23 zaramukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Imirwano yaramukiye mu gace ka Kibati gaherereye muri Groupement ya Luberike, muri Teritwari ya Walikale.
Mu busanzwe AFC/M23 ni yo igenzura kariya gace.
Amakuru avuga ko mu gitondo cya kare abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo bafatanya urugamba na FARDC bateye ibirindiro bya AFC/M23 bakoresheje intwaro ziremereye ndetse n’izoroheje.
Kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga urusaku rw’imbunda rwari rucyumvikana mu gace k’imirwano, ndetse bivugwa ko imirwano yatumye urujya n’uruza hagati y’uduce twa Kibua na Kashebere ruhagarara.
Kuri ubu bimaze kuba ubwa kane ingabo zo ku ruhande rwa Leta ya RDC zitera iza AFC/M23 ziri muri Kibati, gusa eshatu ziheruka byarangiye zinaniwe kwigarurira uwo mujyi muto.