Leta y’Abatalibani yakuye muri za kaminuza zo muri Afghanistani ibitabo byanditswe n’abagore, muri gahunda y’ibibujijwe bishya birimo no guca amasomo yo kwigisha uburenganzira bwa muntu h’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ibitabo 140 byanditswe n’abagore – birimo n’ibitabo bivuga ku mutekano wo mu byumba by’ubushakashatsi (laboratoire) bwo mu butabire (chimie) – ni bimwe mu bitabo 680 byasanzwe ko biteje “impungenge” kubera “gahunda zirwanya amategeko ya Sharia n’Abatalibani”.

Kaminuza zanamenyeshejwe ko zitacyemerewe kwigisha amasomo 18. Umutegetsi wo mu Batalibani yavuze ko ayo masomo “abangamiye amahame ya Sharia na gahunda y’ubutegetsi”.

Iryo tegeko-teka ni ryo rya vuba aha cyane mu rukurikirane rw’ibibujijwe, Abatalibani bagarukanye ubwo basubiraga ku butegetsi mu myaka ine ishize.

Muri iki cyumweru kandi, interineti ikoresha umuyoboro wa ‘fibre optique’ yarabujijwe mu ntara nibura 10, ku mategeko yatanzwe n’umutegetsi w’ikirenga w’Abatalibani, icyemezo abategetsi bavuze ko kiri muri gahunda yo kwirinda ibidakwiriye.

Nubwo ayo mategeko yagize ingaruka ku bice byinshi by’ubuzima busanzwe, abagore n’abakobwa yabagizeho ingaruka mu buryo bw’umwihariko: babujijwe kwiga kurenza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza. Bumwe mu buryo bwa nyuma bari basigaranye bwo gukomeza amasomo bwahagaritswe mu mpera y’umwaka wa 2024, ubwo amasomo y’ububyaza yakurwagaho bucece.

None ubu n’amasomo yo muri kaminuza ajyanye n’abagore yibasiwe: atandatu muri ya masomo 18 yabujijwe yerekeye abagore by’umwihariko, arimo nk’isomo ry’uburinganire n’iterambere, isomo ry’uruhare rw’abagore mu inozamubano (communication), hamwe n’isomo ry’imibereho y’abagore.

Leta y’Abatalibani yavuze ko yubahiriza uburenganzira bw’abagore bijyanye n’uburyo ibusobanuramo mu muco w’Afghanistani no mu mategeko ya kisilamu.