Abaturage bo mu karere ka Huye cyane cyane mu murenge wa Rusatira, baratabaza inzego z’umutekano ngo zibakize amabandi abarembeje. Aba baturage bagaragaje ko bahangayikishijwe cyane n’iki kibazo kubera ko noneho amabandi yiyongereye kandi yiganjemo abana bato.

 

Abaturage bataka cyane ni abo mu kagali ka Gafumba, aho ngo amabandi yitwaza amabuye agatera hejuru y’inzu umuturage yasohoka bakamukubita, abandi bakinjira mu nzu bagatwara ibyo bashaka bagahita bagenda bakaburirwa irengero.

 

Umuyobozi w’akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye Radio Salus dukesha iyi nkuru ko iki kibazo bakizi babimenyeshejwe n’abaturage, avuga ko bagiye kugihagurukira kuko umuturage agomba kuba ari imbere atanyagwa ibye. Yakomeje asaba abaturage kuba maso bagafatanya n’irondo gutanga amakuru kuko bazi bakora ubujura.

 

Ku rundi ruhande, abaturage bifuza ko abafashwe bajya bagororwa by’igihe kirekire kuko bafatwa bagahita bafungurwa bagaruka bakagarukana umujinya  bashaka kwihimura ku baturage babatanzeho amakuru.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.