banner

Amatorero atanu yambuwe uburenganzira bwo gukorera Ivugabutumwa mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwahagaritse impushya zo gukorera ku butaka bw’u Rwanda ku miryango ishingiye ku myemerere itanu, bitewe n’ibibazo birimo kutubahiriza amategeko, ubuyobozi bubi ndetse n’amakimbirane.

 

RGB yabitangaje mu itangazo yasohoye kuri uyu wa 31 Mutarama 2025. Amatorero yambuwe uruhushya arimo Rwanda Victory Mission, Pentecostal Out-Reach Church, International Missionary Society- Seven Day Adventist Church Reform Movement, Eglise De L’heure Prophetique Du Septieme Jour na Communaute United Methodist International.

 

RGB yagize iti “Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere ruramenyesha abaturarwanda bose ko rwambuye ubuzima gatozi imiryango ishingiye ku myemerere imwe n’imwe yasanzwe idakurikiza ibisabwa n’amategeko.”

 

Urwego rw’Imiyoborere rwatangaje ko uwo mwanzuro ufashwe nyuma y’amagenzura menshi rwakoze ku mikorere y’imiryango ishingiye ku myemerere ikorera mu Rwanda, aho hagaragaye ibibazo birimo kutubahiriza amategeko, imiyoborere mibi ndetse n’amakimbirane adashira.

Inkuru Wasoma:  RDC isabwa kuganira na M23: Ibyavuye mu nama idasanzwe ya EAC

 

Mu mwaka ushize RGB yakoze igenzura mu nsengero hirya no hino mu gihugu, nyuma izirenga 5600 zarafunzwe ku bwo kutuzuza ibisabwa, gusa hari n’izindi zahagaritswe burundu, aho kugeza mu Ugushyingo 2024, amatorero agera kuri 43 ari yo yari amaze kwamburwa ubuzima gatozi.

 

Mbere y’uko igenzura ritangira amadini n’amatorero mu Rwanda yari amaze kugera kuri 345, habarirwamo n’imiryango iyashamikiyeho bikagera kuri 563.

Amatorero atanu yambuwe uburenganzira bwo gukorera Ivugabutumwa mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwahagaritse impushya zo gukorera ku butaka bw’u Rwanda ku miryango ishingiye ku myemerere itanu, bitewe n’ibibazo birimo kutubahiriza amategeko, ubuyobozi bubi ndetse n’amakimbirane.

 

RGB yabitangaje mu itangazo yasohoye kuri uyu wa 31 Mutarama 2025. Amatorero yambuwe uruhushya arimo Rwanda Victory Mission, Pentecostal Out-Reach Church, International Missionary Society- Seven Day Adventist Church Reform Movement, Eglise De L’heure Prophetique Du Septieme Jour na Communaute United Methodist International.

 

RGB yagize iti “Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere ruramenyesha abaturarwanda bose ko rwambuye ubuzima gatozi imiryango ishingiye ku myemerere imwe n’imwe yasanzwe idakurikiza ibisabwa n’amategeko.”

 

Urwego rw’Imiyoborere rwatangaje ko uwo mwanzuro ufashwe nyuma y’amagenzura menshi rwakoze ku mikorere y’imiryango ishingiye ku myemerere ikorera mu Rwanda, aho hagaragaye ibibazo birimo kutubahiriza amategeko, imiyoborere mibi ndetse n’amakimbirane adashira.

Inkuru Wasoma:  RDC isabwa kuganira na M23: Ibyavuye mu nama idasanzwe ya EAC

 

Mu mwaka ushize RGB yakoze igenzura mu nsengero hirya no hino mu gihugu, nyuma izirenga 5600 zarafunzwe ku bwo kutuzuza ibisabwa, gusa hari n’izindi zahagaritswe burundu, aho kugeza mu Ugushyingo 2024, amatorero agera kuri 43 ari yo yari amaze kwamburwa ubuzima gatozi.

 

Mbere y’uko igenzura ritangira amadini n’amatorero mu Rwanda yari amaze kugera kuri 345, habarirwamo n’imiryango iyashamikiyeho bikagera kuri 563.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

©2021-2024 IMIRASIRE TV Ltd. All Right Reserved

error: Oops!