Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko muri Tanzania hateguwe imyigaragambyo mishya, nyuma y’indi ikomeye yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi gushize.
Ambasade ya Amerika muri Tanzania mu butumwa buburira Abanyamerika yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza, yavuze ko mu gihe iyo myigaragambyo yamagana Guverinoma ya Tanzania yagombaga kuba ku itariki ya 9 Ukuboza, ibikorwa byayo bishobora kwigizwa imbere bigatangira ku itariki ya 9 Ukuboza.
Yateguje ko “abagenzi bazaza muri Tanzania mu byumweru bike biri imbere bagomba kwitegura ibibazo bishobora kubangamira ingendo, birimo kuba hashobora kubaho imvururu, amategeko agenga umukwabu mu gihugu hose, guhagarika gukoresha interineti, guhagarika amato ajya muri Zanzibar, guhagarika ingendo mpuzamahanga z’indege ndetse no gushyiraho za bariyeri kugira ngo hashyirweho igenzura rikomeye ry’ingendo.”
Tanzania yaherukaga yaherukaga kubamo imyigaragambyo ikomeye kuva ku itariki ya 29 Ukwakira, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yasize Samia Suluhu Hassan yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu ku majwi akabakaba 98%.
Ishyaka Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryavuze ko iyo myigaragambyo yamaze icyumweru inzego z’umutekano zayiciyemo abantu barenga 2,000.
Icukumbura rya Televiziyo y’Abanyamerika ya CNN ryerekanye ko hari abigaragambyaga bishwe barashwe na Polisi ya Tanzania ndetse n’abandi bantu bari bambaye imyambaro isanzwe, ndetse amashusho iyi Televiziyo yabonye yerekana imirambo myinshi y’abishwe yarengeye ibitaro byo mu mijyi ya Mwanza na Dar Es Salaam.
Kugeza ubu Guverinoma y’iki gihugu ntiratangaza umubare nyawo w’abishwe, gusa mu kwezi gushize Perezida Samia Suluhu Hassan yatangaje ko yashyizeho Komisiyo igomba gukora iperereza ku byabaye.
Usibye abishwe, abanya-Tanzania babarirwa mu magana batawe muri yombi barafungwa, mbere yo gushinjwa icyaha cyo kugambanira igihugu gisanzwe gihanishwa igihano cy’urupfu.