Komisiyo y’Imyitwarire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) yatangaje ko igiye gusesengura imyitwarire ya Arsenal, nyuma y’uko ku mukino wayihuje na Chelsea hatanzwe amakarita y’umuhondo kuburyo budasanzwe.
Ku Cyumweru, tariki ya 30 Ugushyingo 2025, Chelsea yakiriye Arsenal mu mukino w’Umunsi wa 13 wa Premier League, urangira amakipe yombi anganyije 1-1. Nyuma y’iminota 30 gusa, Arsenal yari imaze guhabwa amakarita atatu y’umuhondo, ahawe Martin Zubimendi, Cristhian Mosquera na Riccardo Calafiori ibintu bitaherukaga kubaho kuva mu mwaka w’imikino 2006/07.
Mu gice cya mbere gisatira irangira n’icya kabiri, abandi bakinnyi batatu barimo Piero Hincapié, Myles Lewis-Skelly na Viktor Gyökeres, na bo bahawe amakarita y’umuhondo n’umusifuzi Anthony Taylor, bituma Arsenal igira amakarita atandatu mu mukino umwe.

Arsenal yahawe amakarita y’umuhondo atandatu mu mukino umwe
FA yatangaje ko igiye kwicara igasuzuma iki kibazo, harebwa niba Arsenal itarenze ku mabwiriza agenga imyitwarire mu kibuga. Hakurikijwe amategeko, ishobora guhabwa amande agera kuri 33,000$ kubera iyo myitwarire idahwitse.
Byongeye, FA ivuga ko nihongera kubaho indi mikino Arsenal igahabwa amakarita menshi muri uyu mwaka w’imikino, ibihano bishobora kwikuba kabiri, bakishyura amande menshi kurushaho.
Arsenal iheruka guhanwa mu buryo nk’ubu mu mwaka wa 2024, ubwo yakinaga na Liverpool igatsinda 3-1, ariko igahura n’ikibazo cy’imyitwarire y’abakinnyi bayo.
Kugeza ubu, The Gunners bakiri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Premier League n’amanota 30, kandi bari kwitegura umukino ukomeye uzaba ku wa 3 Ukuboza 2025 bahura na Brentford.