Mu gihe habura iminsi ibiri ngo habe umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20, abanyamahanga batandukanye bazawitabira bakomeje kugera mu Rwanda.
Umwe mu bahageze kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Nzeri 2025, ni Umufaransa wahoze ari myugariro w’Ikipe ya Arsenal mu Bwongereza, Bacary Sagna, wayikiniye hagati ya 2007 na 2014.
Hari kandi Umunya-Argentine Javier MatÃas Pastore wakiniye Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa kuva mu 2011 kugeza mu 2018.
Mu bandi bitezwe harimo Umunya-Espagne Luis GarcÃa [Lucho GarcÃa] wakiniye FC Barcelone, Atlético Madrid na Liverpool, wamaze guteguza ko ari kwerekeza i Kigali, binyuze mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram.
Umuhango ngarukamwaka wo Kwita Izina abana b’ingagi, uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 5 Nzeri 2025.
Kuri iyi nshuro hazitwa abana b’ingagi 40 barimo 18 bavutse mu 2024. Ni ku nshuro ya 20 mu Rwanda hazaba habaye umuhango nk’uyu, kuko iby’umwaka ushize byasubitswe mu gihe mu gihugu hari hagaragaye icyorezo cya Marburg.
Kuva umuhango wo Kwita Izina watangira mu 2005, abana b’Ingagi 395, ni bo bamaze guhabwa amazina.
Umubare w’ingagi mu gace ka Virunga kandi wariyongereye uva kuri 880 mu 2012, urenga 1063 uyu munsi. Ibi bigaragaza umusaruro w’uburyo bwo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima bushingiye ku baturage.
