Abashinzwe umutekano muri Uganda bari gukora iperereza ku gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ku kigo cya Polisi giherereye mu Karere ka Kasese, aho abantu bitwaje intwaro barimo n’abari bafite imihoro bateye icyo kigo, barasa ndetse batwika inzu imwe y’abapolisi.

 

Nk’uko byatangajwe na The New Vision, bivugwa ko abagizi ba nabi bane (4) barashwe bahita bapfa, abandi barakomereka, naho batanu (5) bafatwa n’inzego z’umutekano bakiri bazima.

 

Iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane aho aba bantu bakomoka n’impamvu y’iki gitero cyagabwe ku kigo cya Polisi.

 

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda yatangaje ati: “Turemeza ko habaye igitero ku kigo cyacu cya Polisi giherereye muri Kasese. Abakekwa bane barashwe bahita bapfa, abandi batanu bafashwe kandi barimo kubazwa. Iperereza rirakomeje.”

 

Uretse ibyo, mu rukerera rw’uyu munsi, humvikanye urusaku rw’amasasu no muri Bundibugyo, ahagana ku birometero 80 uvuye muri Kasese, aho inzego z’umutekano zavuze ko hari abateye bakekwa kuba baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).

 

Umwe mu basirikare yavuze ati: “Twahise dukaza ingamba z’umutekano kandi turi kugerageza guhangana n’iki gitero mu buryo bwihuse.”

Ibi bitero byombi byongeye guteza ubwoba mu baturage baturiye imbibi z’uburengerazuba bwa Uganda, ahaheruka kugabwa ibitero byinshi n’umutwe wa ADF (Allied Democratic Forces) ukorera mu burasirazuba bwa Kongo.

 

Nubwo Polisi itaremeza ko ibi bitero bifitanye isano n’uyu mutwe, uburyo byakozwe mu gihe kimwe no mu turere dutandukanye burerekana uburyo busanzwe bukoreshwa n’ADF mu bitero byayo bya kera.