Lieutenant Colonel Athanase Minani wari umuyobozi wa batayo ya munani y’Ingabo z’u Burundi ziri kurwanira mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yishwe arashwe n’umutwe wa AFC/M23.

 

Ni amakuru yatangiye gucicikana ku mugoroba wo kuri uyu wa 5 Ukuboza 2025, aho bivugwa ko yaguye mu mirwano yahitanye n’abandi basirikare benshi b’u Burundi mu gace ka Luvungi, barwana ku ruhande rw’ingabo za RDC, FARDC, bahanganye na AFC/M23.

 

Lt Col Minani yahoze mu ngabo za kera z’u Burundi (Ex FAB), akaba yarazamuwe mu ntera agahabwa ipeti rya Lieutenant Colonel muri Nyakanga uyu mwaka.

 

Mu bemeje amakuru y’urupfu rwe, harimo impirimbanyi y’Uburenganzira bwa Muntu mu Burundi ndetse akaba n’muyobozi w’umuryango FOCODE, Pacifique Nininahazwe, wabitangarije ku rukuta rwe rwa X.

 

Yagize ati “Lieutenant Colonel Athanase Minani (SS1564), Umuyobozi wa batayo ya munani y’ingabo z’u Burundi muri RDC (TAFOC), yishwe arashwe mu ijoro ryakeye (n’abarinzi be batatu), mu mirwano ikomeje muri RDC.”

 

Yakomeje avuga ko “ni we musirikare ufite ipeti ryo hejuru mu gisirikare cy’u Burundi (FDNB) wiciwe muri iyi ntambara.”

 

Yaba igisirikare cy’u Burundi cyangwa AFC/M23 bahanganiye muri RDC, nta ruhande na rumwe ruremeza amakuru y’urupfu rw’uyu musirikare ukomeye w’u Burundi.

 

Mu ntangiriro z’uku kwezi ni bwo Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byasubukuye imirwano ikomeye bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo.

 

Amakuru avuga ko AFC/M23 yamenye ko ingabo za RDC, iz’u Burundi na Wazalendo bigiye kuyigabaho ibitero muri Kamanyola, ifata icyemezo cyo kubitanga kurasa.

 

Umuntu wa hafi y’ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23 yasobanuye ko ibisasu byumvikanye mu gitondo cya tariki ya 2 Ukuboza byarashwe n’abarwanyi babo, kandi ko byahungabanyije bikomeye ihuriro rya Leta ya RDC.

 

Uwo munsi, ingabo za RDC n’iz’u Burundi na zo zarashe muri santere ya Kamanyola imaze amezi hafi 10 igenzura na AFC/M23, ibisasu byazo bisenya inzu z’abaturage n’ibikorwaremezo. Hapfuye abaturage batatu, abandi barakomereka.

 

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Ukuboza 2025, Ingabo za RDC, iz’u Burundi na Wazalendo ziri kugaba ibitero mu bice byo muri Teritwari ya Uvira birimo Katogota, Kamanyola no muri Gurupoma ya Luvungi.

 

Ibisasu byaguye muri Santere ya Luvungi byatumye abaturage benshi bahunga berekeza mu bindi bice byo muri Uvira bitari kuberamo imirwano nka Sange, Runingu, Ndolera no mu Mujyi wa Uvira.

 

Umuyobozi Wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko ingabo z’Abarundi ziri mu Burundi ziri kurasa muri Kamanyola, Katogota na Luvungi.

 

Ati “Muri iki gitondo, ingabo z’u Burundi ziri mu Burundi ziri gusuka ibisasu mu bice bituwe cyane muri Kamanyola, Katogota na Luvungi, zigateza imfu z’inzirakarengane zirimo abana, zigasenya inzu, amashuri, insengero n’amasoko.”

 

Bisimwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga amashusho agaragaza uburyo ibisasu byasenye inzu z’abaturage, yumvikanamo umuturage uvuga ko mu mudugudu uri hafi y’umusozi wa Ngomo muri Kamanyola.

 

Iyi mirwano ikomeje mu gihe ku wa 4 Ukuboza 2025, u Rwanda na RDC byashyize umukono ku masezerano y’amahoro, ibintu AFC/M23 yavuze ko ibyo biganiro n’ayo masezerano bitayireba.