banner

Bralirwa yashyize ku isoko ry’u Rwanda inzoga nshya

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa, rwamuritse inzoga yitwa ‘Desperados’, igeze bwa mbere ku isoko ry’u Rwanda.

 

Ni inzoga Bralirwa yamuritse binyuze muri Heineken bisanzwe bikorana. Iri mu cyiciro cya byeri.

Umuhango wo kumurika iki kinyobwa gishya wabereye muri Kigali Convention Centre, mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025.

 

Umuyobozi Mukuru wa Bralirwa, Etienne Saada yavuze ko “Iyi byeri ni nziza, ntabwo irura. Ni ikinyobwa cyihariye kizafasha mu kwagura ubwoko bwa byeri dusanzwe twenga. Iri hagati ya byeri n’inzoga zo mu bwoko bwa ‘spirits’.”

Inkuru Wasoma:  Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na João Lourenço wa Angola

 

Iyi nzoga ikoze mu bikoresho nkenerwa by’umwimerere, iri mu icupa rya santilitiro 33 ridasubizwa, ikigiramo ingano ya alcool ya 5,9%.

 

Nubwo Desperados ari nshya ku isoko ry’u Rwanda, isanzwe icuruzwa mu bihugu birenga 50.

 

Yatangiye kwengwa bwa mbere mu 1995 n’uruganda Fischer Brewery rwo mu Bufaransa. Kugeza ubu yengwa n’uruganda rwa Heineken rwitwa Zlatý Bažant Brewery.

Bralirwa yashyize ku isoko ry’u Rwanda inzoga nshya

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa, rwamuritse inzoga yitwa ‘Desperados’, igeze bwa mbere ku isoko ry’u Rwanda.

 

Ni inzoga Bralirwa yamuritse binyuze muri Heineken bisanzwe bikorana. Iri mu cyiciro cya byeri.

Umuhango wo kumurika iki kinyobwa gishya wabereye muri Kigali Convention Centre, mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025.

 

Umuyobozi Mukuru wa Bralirwa, Etienne Saada yavuze ko “Iyi byeri ni nziza, ntabwo irura. Ni ikinyobwa cyihariye kizafasha mu kwagura ubwoko bwa byeri dusanzwe twenga. Iri hagati ya byeri n’inzoga zo mu bwoko bwa ‘spirits’.”

Inkuru Wasoma:  Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na João Lourenço wa Angola

 

Iyi nzoga ikoze mu bikoresho nkenerwa by’umwimerere, iri mu icupa rya santilitiro 33 ridasubizwa, ikigiramo ingano ya alcool ya 5,9%.

 

Nubwo Desperados ari nshya ku isoko ry’u Rwanda, isanzwe icuruzwa mu bihugu birenga 50.

 

Yatangiye kwengwa bwa mbere mu 1995 n’uruganda Fischer Brewery rwo mu Bufaransa. Kugeza ubu yengwa n’uruganda rwa Heineken rwitwa Zlatý Bažant Brewery.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

©2021-2024 IMIRASIRE TV Ltd. All Right Reserved

error: Oops!