Umuyobozi w’Agace ka Gisirikare ka 22, Brigadier General Eddy Kapend, yatangaje ko gufatwa kw’utundi duce two mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’imitwe ya AFC/M23 bidakwiye gutera impungenge zikomeye, keretse iyo mitwe iramutse ifashe Intara ya Katanga yahura n’akaga gakomeye.
Ibi yabigarutseho nyuma y’uko ku cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025, inyeshyamba za AFC/M23 zigaruriye umujyi wa Nzibira, uherereye muri Teritwari ya Walungu, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Brig. Gen. Kapend, unayobora ingabo za Leta muri Katanga, yasobanuye ko Katanga ari wo mutima w’igihugu, bityo ko igihe cyose ikiri mu maboko ya Leta, ubusugire bw’igihugu bukomeza kudahungabana.
Yakomeje avuga ko nubwo AFC/M23 yakomeza kwigarurira utundi duce two mu Burasirazuba, ibyo ubwabyo bitahungabanya umutekano w’igihugu cyose.
yagize ati “Bashobora gufata utundi duce, ariko igihe cyose Katanga ikiri mu maboko ya Leta, igihugu ntacyo bivuze kinini mugihe tugifite Katanga,”
Mu mpera z’icyumweru gishize, imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’ingabo za Leta zifatanyije n’imitwe y’inyeshyamba ya Wazalendo na AFC/M23 . Iyo mirwano yumvikanye mu bice bya Cisaza, Cibanda, Muyange, Karhuliza na Kalongo mu Ntara ya Kivu y’Epfo, ndetse no mu turere twa Masisi na Walikale two muri Kivu y’Amajyaruguru.