Burundi: Umupolisi yishe imfungwa yageragezaga gucika

Ku Cyumweru, itariki ya 13 Mata, imfungwa yararashwe irapfa mu gace ka Nyabiharage, mu Mujyi wa Gitega (umurwa mukuru wa politiki w’u Burundi) irashwe n’umupolisi ubwo yashakaga gutoroka. Uwarashwe, Jean Marie Hakizimana, ufite imyaka 29, yari afungiwe muri kasho ya polisi yo mu Ntara ya Gitega.

 

Nk’uko umutangabuhamya wavuganye na SOS Médias Burundi abitangaza, ngo Hakizimana, umufasha w’abakanishi w’umwuga, yaba yaraboneyeho umwanya ubwo yari wenyine agiye mu musarani kugira ngo atoroke. Bivugwa ko yakurikiranwe na Cpl Evode Louis Niyonsaba, wamurashe.

 

Nyina Fabiola Niyonkuru uvuga ko ari ubwicanyi bukabije kubera telefoni yibwe gusa, yagize ati: “Yarashwe amasasu abiri hanyuma arangizwa hakoresheje bayonet mu gatuza”, .

 

Aya makuru yemejwe na Jacqueline Ndayishimiye, umuyobozi w’agace ka Nyabiharage, yagaragaje ko uwari ufunzwe yashinjwaga ubujura. Umurambo we wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro by’akarere ka Gitega.

Inkuru Wasoma:  AU yemeje Perezida Gnassingbe nk’umuhuza mushya w’ u Rwanda na RDC

 

Umuryango waratereranwe, umupolisi arakidegembya

Fabiola Niyonkuru avuga ko yasabye ubufasha abayobozi kugira ngo bategure gushyingura umuhungu we, ariko ntibyagerwaho. Arasaba ko hakorwa iperereza ryigenga kugira ngo hamenyekane uko iki gikorwa cyagenze, avuga ko ari ubwicanyi.

 

Ati: “Umuhungu wanjye ntabwo yigeze aburanishwa. Yari akwiye kuburanishwa, aho kwicwa.”

Nk’uko amakuru yakusanyijwe na SOS Médias Burundi abitangaza, ngo umupolisi warashe ayo masasu, Cpl Evode Louis Niyonsaba, ntabwo yatawe muri yombi kandi akomeje kwidegembya.

 

Ntacyo ubuyobozi bwa polisi cyangwa inzego z’ubutabera bwigeze bugira icyo butangaza kuri iki kibazo.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Email: info@imirasiretv.com

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops! Paji uri gushakisha ntabwo ibashije kuboneka