banner

Congo yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya u Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa, yatangije ubukangurambaga bwiswe “Congolais Telema”, bugamije kurwanya u Rwanda no guhindanya isura yarwo mu ruhando mpuzamahanga.

 

Ubu bukangurambaga, busobanura ngo “Abanye-Congo, muhaguruke”, bwatangijwe ku wa 1 Werurwe 2025.

Kuri Radiyo na Televiziyo y’Igihugu (RTNC), Minisitiri Suminwa yavuze ko byakozwe mu rwego rwo kunganira urugamba rwa gisirikare, dipolomasi, itangazamakuru, ubukungu ndetse n’ubucamanza.

Yavuze ko batazihanganira ubushotoranyi bw’u Rwanda rushaka kugabanyamo igihugu cyabo kabiri no gusahura umutungo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Suminwa yanavuze ko Abanye-Congo aho bari hose ku isi yose bakwiriye kumva ko kurengera igihugu cyabo ari inshingano zabo.

Yasabye n’abakiri bato guhaguruka kugira ngo bahangane n’u Rwanda, igihugu bahora bashinja ibibazo byose bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ati “Muhaguruke kugira ngo dushyigikire ubumwe bwacu, agaciro kacu, ubwoko bwacu butandukanye, n’ahazaza hacu”.

Yarondoye intara zose za Repubulika ya Demokarasi ya Congo akoresheje Igifaransa n’Ilingala, asaba abazituye guhagurukira u Rwanda.

Inkuru Wasoma:  Zelensky yamaganye abashaka ko ava ku butegetsi

Yavuze ko abagize guverinoma ya RD Congo bakusanyije amafaranga angana na 1.201.300.000 FC yo gufasha mu rugamba bahanganyemo n’umutwe wa M23 batwerera u Rwanda.

Ubukangurambaga bwatangijwe na Suminwa buje nyuma y’ubwatangijwe muri Gicurasi 2021 na Sama Lukonde, yasimbuye kuri uyu mwanya, bwiswe ‘Bendele Ekweya Te’.

Byitezwe ko buzanyuzwamo icengezamatwara ry’urwango, ingengabitekerezo ya Jenoside, gushyigikira ingabo za FARDC zikorana na FDLR, n’ibindi bikorwa by’ubushotoranyi birimo no guhindanya isura y’u Rwanda mu mahanga.

Ni mu gihe kandi ubutegetsi bwa RDC bugambirira gutera u Rwanda binyuze mu Ihuriro ry’Ingabo za RDC ririmo FDLR, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, Iza SADC n’Abacanshuro.

U Rwanda rugaragaza ko rutazahwema kurinda ubusugire bw’igihugu n’imipaka yacyo, ndetse n’ibitero bishobora kurugabwaho, hagamijwe kurinda abaturage barwo.

Congo yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya u Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa, yatangije ubukangurambaga bwiswe “Congolais Telema”, bugamije kurwanya u Rwanda no guhindanya isura yarwo mu ruhando mpuzamahanga.

 

Ubu bukangurambaga, busobanura ngo “Abanye-Congo, muhaguruke”, bwatangijwe ku wa 1 Werurwe 2025.

Kuri Radiyo na Televiziyo y’Igihugu (RTNC), Minisitiri Suminwa yavuze ko byakozwe mu rwego rwo kunganira urugamba rwa gisirikare, dipolomasi, itangazamakuru, ubukungu ndetse n’ubucamanza.

Yavuze ko batazihanganira ubushotoranyi bw’u Rwanda rushaka kugabanyamo igihugu cyabo kabiri no gusahura umutungo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Suminwa yanavuze ko Abanye-Congo aho bari hose ku isi yose bakwiriye kumva ko kurengera igihugu cyabo ari inshingano zabo.

Yasabye n’abakiri bato guhaguruka kugira ngo bahangane n’u Rwanda, igihugu bahora bashinja ibibazo byose bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ati “Muhaguruke kugira ngo dushyigikire ubumwe bwacu, agaciro kacu, ubwoko bwacu butandukanye, n’ahazaza hacu”.

Yarondoye intara zose za Repubulika ya Demokarasi ya Congo akoresheje Igifaransa n’Ilingala, asaba abazituye guhagurukira u Rwanda.

Inkuru Wasoma:  Zelensky yamaganye abashaka ko ava ku butegetsi

Yavuze ko abagize guverinoma ya RD Congo bakusanyije amafaranga angana na 1.201.300.000 FC yo gufasha mu rugamba bahanganyemo n’umutwe wa M23 batwerera u Rwanda.

Ubukangurambaga bwatangijwe na Suminwa buje nyuma y’ubwatangijwe muri Gicurasi 2021 na Sama Lukonde, yasimbuye kuri uyu mwanya, bwiswe ‘Bendele Ekweya Te’.

Byitezwe ko buzanyuzwamo icengezamatwara ry’urwango, ingengabitekerezo ya Jenoside, gushyigikira ingabo za FARDC zikorana na FDLR, n’ibindi bikorwa by’ubushotoranyi birimo no guhindanya isura y’u Rwanda mu mahanga.

Ni mu gihe kandi ubutegetsi bwa RDC bugambirira gutera u Rwanda binyuze mu Ihuriro ry’Ingabo za RDC ririmo FDLR, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi, Iza SADC n’Abacanshuro.

U Rwanda rugaragaza ko rutazahwema kurinda ubusugire bw’igihugu n’imipaka yacyo, ndetse n’ibitero bishobora kurugabwaho, hagamijwe kurinda abaturage barwo.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!