banner

Diddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya

Hahishuwe ko mu minsi ishize umuraperi Diddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo gufatwa n’uburwayi bwo mu ivi.

 

TMZ yatangaje ko uyu muhanzi umaze amezi ane muri gereza yajyanywe mu bitaro byo mu Mujyi wa New York afungiyemo nyuma yo kugira ikibazo cy’ivi. Uyu mugabo w’abana barindwi afungiye muri gereza ya Brooklyn.

 

Abaganga batangaje ko ikibazo Diddy yagize gishingiye ku mvune ya kera yongeye kubyuka.

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byabaye ku wa 30 Mutarama 2025, gusa ntabwo Diddy yaraye mu bitaro, yasubijwe muri gereza.

Inkuru Wasoma:  Umwe mu bakinnyi ba ‘Squid Game’ yapfuye azize kanseri

 

Ntabwo abanyamategeko ba Diddy, bigeze bifuza kugira icyo bavuga ku burwayi bwe.

Diddy ategereje kuburana muri Gicurasi 2025, nyuma y’uko urukiko rwanze ingwate ye ngo aburanire hanze.

 

Uyu mugabo urukiko rwanze ubugira gatatu, ingwate ya miliyoni 50$ yari yatanze ageze aho yemera kuva izima ntiyongera gutanga ubusabe bwe.

 

Diddy akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha izina rye cyangwa igitinyiro agashora abantu mu busambanyi nyuma yo kubatera ubwoba, gusahura no gucuruza abantu mu bikorwa by’ubusambanyi.

Diddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya

Hahishuwe ko mu minsi ishize umuraperi Diddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo gufatwa n’uburwayi bwo mu ivi.

 

TMZ yatangaje ko uyu muhanzi umaze amezi ane muri gereza yajyanywe mu bitaro byo mu Mujyi wa New York afungiyemo nyuma yo kugira ikibazo cy’ivi. Uyu mugabo w’abana barindwi afungiye muri gereza ya Brooklyn.

 

Abaganga batangaje ko ikibazo Diddy yagize gishingiye ku mvune ya kera yongeye kubyuka.

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byabaye ku wa 30 Mutarama 2025, gusa ntabwo Diddy yaraye mu bitaro, yasubijwe muri gereza.

Inkuru Wasoma:  Umwe mu bakinnyi ba ‘Squid Game’ yapfuye azize kanseri

 

Ntabwo abanyamategeko ba Diddy, bigeze bifuza kugira icyo bavuga ku burwayi bwe.

Diddy ategereje kuburana muri Gicurasi 2025, nyuma y’uko urukiko rwanze ingwate ye ngo aburanire hanze.

 

Uyu mugabo urukiko rwanze ubugira gatatu, ingwate ya miliyoni 50$ yari yatanze ageze aho yemera kuva izima ntiyongera gutanga ubusabe bwe.

 

Diddy akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha izina rye cyangwa igitinyiro agashora abantu mu busambanyi nyuma yo kubatera ubwoba, gusahura no gucuruza abantu mu bikorwa by’ubusambanyi.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

©2021-2024 IMIRASIRE TV Ltd. All Right Reserved

error: Oops!