banner

Ese koko hari hateguwe kugerageza kwica intumwa za AFC / M23 i Luanda ?

Amakuru agaragara ku mbuga nkoranyambaga tutabasha gusuzuma aravuga ko haba hari hateguwe umugambi wo kwica cyangwa gushimuta intumwa za M23 zari kwitabira ibiganiro by’amahoro byari biteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, i Luanda muri Angola.

 

Kivu Today ibinyujije kuri X, yatangaje ko yakiriye amakuru yizewe agaragaza umugambi w’ubwicanyi wateguwe na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) wo kwica intumwa z’umutwe wa AFC / M23. Aba bari bategerejwe uyu munsi i Luanda, muri Angola, mu biganiro byaje gusubikwa.

 

“Amakuru atugeraho avuga ko Guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi yari yakusanyije bisi zuzuye insoresore zari zakodeshejwe kugira ngo binjire mu cyumba cy’inama, batere akajagari ndetse bice cyangwa bashimute abahagarariye AFC / M23”.

Inkuru Wasoma:  Afurika y’Epfo: Leta yasabwe ibisobanuro ku gihe ingabo ziri muri RDC zizatahira

Bikomeza bivugwa ko icyakora, umugambi wapfubye kubera ko uyu mutwe wanze kwitabira ibiganiro.

 

Ngo nubwo AFC / M23 yavuze ku mugaragaro ko ibihano by’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ari byo byatumye bisubiraho, ngo amakuru y’ubutasi avuga ko bashoboraga gutabwa muri yombi cyangwa kwicwa, na yo yagize uruhare mu cyemezo cyabo cyo kuva mu biganiro.

Ese koko hari hateguwe kugerageza kwica intumwa za AFC / M23 i Luanda ?

Amakuru agaragara ku mbuga nkoranyambaga tutabasha gusuzuma aravuga ko haba hari hateguwe umugambi wo kwica cyangwa gushimuta intumwa za M23 zari kwitabira ibiganiro by’amahoro byari biteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, i Luanda muri Angola.

 

Kivu Today ibinyujije kuri X, yatangaje ko yakiriye amakuru yizewe agaragaza umugambi w’ubwicanyi wateguwe na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) wo kwica intumwa z’umutwe wa AFC / M23. Aba bari bategerejwe uyu munsi i Luanda, muri Angola, mu biganiro byaje gusubikwa.

 

“Amakuru atugeraho avuga ko Guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi yari yakusanyije bisi zuzuye insoresore zari zakodeshejwe kugira ngo binjire mu cyumba cy’inama, batere akajagari ndetse bice cyangwa bashimute abahagarariye AFC / M23”.

Inkuru Wasoma:  Afurika y’Epfo: Leta yasabwe ibisobanuro ku gihe ingabo ziri muri RDC zizatahira

Bikomeza bivugwa ko icyakora, umugambi wapfubye kubera ko uyu mutwe wanze kwitabira ibiganiro.

 

Ngo nubwo AFC / M23 yavuze ku mugaragaro ko ibihano by’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ari byo byatumye bisubiraho, ngo amakuru y’ubutasi avuga ko bashoboraga gutabwa muri yombi cyangwa kwicwa, na yo yagize uruhare mu cyemezo cyabo cyo kuva mu biganiro.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!