Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo basanzwe bakorana, baraye barasanira mu mujyi wa Kamituga uherereye muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru aturuka muri uyu mujyi avuga ko imirwano y’impande zombi yamaze amasaha menshi.
Ni imirwano bivugwa ko yubuye nyuma y’uko Wazalendo zari zimaze kurasa mu cyico umwe mu bayobozi bo muri Kamituga bapfa amafaranga.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yumvikanamo urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye ubwo impande zombi zarimo zitana mu mitwe.
Kuri ubu amakuru avuga ko imirwano yo mu ijoro ryacyeye yiciwemo abantu benshi, barimo n’umupolisi ufite ipeti rya Capitaine witwa Kangela.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira abaturage bo mu mujyi wa Kamituga biganjemo urubyiruko n’abana bato baramukiye mu myigaragambyo ikomeye, basaba ko Wazalendo ziri muri uriya mujyi zagenda.
Bamwe muri aba baturage kandi bumvikanye basaba umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kujya gusubiza ibintu mu buryo.