Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe, Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye igitero cya drone mu mujyi wa Goma cyiciwemo abarimo umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF).
Amakuru y’iki gitero yemejwe n’umutwe wa AFC/M23 ugenzura uriya mujyi, biciye muri Lawrence Kanyuka uwuvugira mu bya politiki.
Yagize ati: “Muri iki gitondo, umujyi wa Goma wagabweho igitero cy’iterabwoba cyakozwe na drone y’ubutegetsi bwa Tshisekedi, cyibasira Umuryango w’Abibumbye n’uw’Ubumwe bw’u Burayi.”
Yakomeje avuga ko mu bahitanwe na kiriya gitero, harimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF.
Ati: “Mu baguye muri iki gitero, harimo Carine Buisset, umukozi ukomeye kandi wubashywe wa UNICEF akaba n’Umufaransakazi, yatakarije ubuzima muri iki gikorwa cy’ubugome.”
Amakuru y’ibanze avuga ko abantu batatu ari bo biciwe muri kiriya gitero.
Ni igitero bivugwa ko cyari kigambiriye abayobozi b’umutwe wa AFC/M23 byakekwaga ko bari mu nyubako yarashwe.
Amafoto AFC/M23 yashyize hanze yerekana iyo nyubako yahiye igahinduka umuyonga.
Kuri ubu ntacyo Leta ya Congo Kinshasa iravuga kuri kiriya gitero.
Ni igitero icyakora gikurikira ikindi nka cyo cyabaye mu kwezi gushize cyiciwemo abarimo Lt. Col Willy Ngoma wahoze ari Umuvugizi wa Gisirikare wa AFC/M23.