Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 13 Mutarama, mu gihe cyo kungurana ibitekerezo n’urubyiruko ku ncuro ya mbere muri uyu mwaka i Kinshasa, Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yagarutse iku masezerano y’amahoro yashyizweho umukono na Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, kandi yemejwe na ba perezida b’ibihugu byombi ku itariki ya 4 Ukuboza, yemeza ko kubaho kwa M23 cyangwa FDLR byose ari ukubera u Rwanda.

 

Patrick Muyaya wavuze ku nsanganyamatsiko igira iti “Inzira ya Doha na Washington: iganisha ku mahoro arambye? Isesengura ry’ingufu n’abakinnyi bakomeye”, yashimangiye ko aya masezerano adateganya kugira ubutaka yegurira u Rwanda.

 

Yagize ati: “Mu masezerano y’amahoro, imirongo yacu itukura yarubahirijwe. Nta santimetero kare n’imwe y’ubutaka bwacu izatangwa.”

 

Byongeye kandi, Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru yibasiye igihugu cy’u Rwanda arushinja gushyigikira imitwe yitwaje intwaro ibiba iterabwoba no gusenya mu burasirazuba bwa DRC.

 

Ni mu gihe nyamara, abanyapolitiki bo muri Congo bakomeje gushinjwa kuba ari bo bashinga bakanatera inkunga imitwe y’inyeshyamba ikorera mu burasirazuba bw’igihugu, ndetse umutwe baherutse gushinjwa gutera inkunga ni uwa Mobondo, noneho wo ukorera mu nkengero za Kinshasa.

 

Yagize ati: “FDLR na M23 bibaho gusa kubera ubushake bw’u Rwanda, kandi kwigira imbere kwabo gushoboka gusa kubera ko bamwe mu Banyekongo bahemukira igihugu cyabo”. Yanaboneyeho guhakana ibirego ibyo ari byo byose by’imvugo zibiba urwango muri sosiyete ya Congo.

Ku bijyanye n’ibiganiro bya Doha, Minisitiri Muyaya yerekanye ko hasinywe itangazo ry’amahame kandi ko hagaragaye ibibazo umunani, birimo icyo guhagarika imirwano no guhana imfungwa, bikaba biri mu ntambwe za mbere zishyizwe imbere.

 

Yagize ati: “Izi nyandiko ziri ku karubanda. Nta masezerano yashyizweho umukono mu rwego rwa Doha cyangwa Washington y’ibanga”.

 

 

Iki kiganiro cyitabiriwe na Minisitiri w’intebe wungirije ushinzwe ingengo y’imari, Daniel Mukoko Samba, umunyamabanga mukuru wa Ebuteli, Fred Bauma, n’umuyobozi mukuru wa Glorhis Multiservices SARL, Don Mbuyi, bari bahari kugira ngo baganire kuri iki kibazo n’urubyiruko.