banner

FERWAFA igiye gushinga radiyo na televiziyo

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riteganya ko muri uyu mwaka wa 2025 rizakoresha ingengo y’imari ingana na 15.297.147.920 Frw.

 

Biteganyijwe ko mu ngengo y’imari yagenwe, miliyari 7,96 Frw azakoreshwa mu bikorwa bijyanye n’amarushanwa no guteza imbere umupira w’amaguru, miliyari 2,53 Frw agakoreshwa mu bikorwa bya FERWAFA birimo no guhemba abakozi mu gihe andi miliyari 4,79 Frw azaba igishoro mu bikorwa birimo kubaka ibibuga bine no gushinga radiyo na televiziyo by’iri Shyirahamwe.

 

Muri ayo mafaranga yagenewe amarushanwa n’iterambere rya ruhago ni ho hakubiye miliyari 4,98 Frw azagenerwa amakipe y’Igihugu azitabira amarushanwa atandukanye mu 2024 arimo imikino ya CECAFA, amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 n’icy’Isi cya 2026.

 

Mu 2024, FERWAFA yari yateganyije ko izakoresha ingengo y’imari ingana na 9.932.725.243 Frw arimo miliyari 2,41 Frw agenewe amakipe y’Igihugu.

 

Tariki ya 1 Gashyantare 2025 ni bwo FERWAFA yatumiye abanyamuryango bayo mu nama y’Inteko Rusange Idasanzwe yari kubera muri Radisson Blu ku wa 15 Gashyantare, ariko yimurirwa muri Marriott Hotel.

 

Ubwo ku wa 8 Gashyantare, abanyamuryango bamenyeshwaga ko aho izabera hahindutse, babwiwe ko ibizaba biri ku murongo w’ibyigwa ari ukwemeza gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025 no kwemeza ingengo y’imari y’umwaka wa 2025.

 

Hari kandi amatora y’abagize inzego zigenga za FERWAFA [Komisiyo y’Ubujurire y’Amatora] no gushyiraho abagize Komisiyo y’Ubujurire, Komisiyo y’Imyitwarire na Komisiyo y’Ubujurire itanga ibyangombwa by’amakipe.

FERWAFA igiye gushinga radiyo na televiziyo

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riteganya ko muri uyu mwaka wa 2025 rizakoresha ingengo y’imari ingana na 15.297.147.920 Frw.

 

Biteganyijwe ko mu ngengo y’imari yagenwe, miliyari 7,96 Frw azakoreshwa mu bikorwa bijyanye n’amarushanwa no guteza imbere umupira w’amaguru, miliyari 2,53 Frw agakoreshwa mu bikorwa bya FERWAFA birimo no guhemba abakozi mu gihe andi miliyari 4,79 Frw azaba igishoro mu bikorwa birimo kubaka ibibuga bine no gushinga radiyo na televiziyo by’iri Shyirahamwe.

 

Muri ayo mafaranga yagenewe amarushanwa n’iterambere rya ruhago ni ho hakubiye miliyari 4,98 Frw azagenerwa amakipe y’Igihugu azitabira amarushanwa atandukanye mu 2024 arimo imikino ya CECAFA, amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 n’icy’Isi cya 2026.

 

Mu 2024, FERWAFA yari yateganyije ko izakoresha ingengo y’imari ingana na 9.932.725.243 Frw arimo miliyari 2,41 Frw agenewe amakipe y’Igihugu.

 

Tariki ya 1 Gashyantare 2025 ni bwo FERWAFA yatumiye abanyamuryango bayo mu nama y’Inteko Rusange Idasanzwe yari kubera muri Radisson Blu ku wa 15 Gashyantare, ariko yimurirwa muri Marriott Hotel.

 

Ubwo ku wa 8 Gashyantare, abanyamuryango bamenyeshwaga ko aho izabera hahindutse, babwiwe ko ibizaba biri ku murongo w’ibyigwa ari ukwemeza gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025 no kwemeza ingengo y’imari y’umwaka wa 2025.

 

Hari kandi amatora y’abagize inzego zigenga za FERWAFA [Komisiyo y’Ubujurire y’Amatora] no gushyiraho abagize Komisiyo y’Ubujurire, Komisiyo y’Imyitwarire na Komisiyo y’Ubujurire itanga ibyangombwa by’amakipe.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!