Amakuru ava muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye ibitero kuri AFC/M23, birangira rikubiswe n’inyeshyamba rirahunga.
Amakuru avuga ko FARDC na Wazalendo baramutse bagaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 biherereye mu midugudu ya Makobola, Ngalula et na Kasekezi.
Nyuma y’imirwano yamaze amasaha menshi, amakuru avuga ko Ingabo za Leta zasubijwe inyuma na AFC/M23 zigezwa ahitwa Pemba, mu gace ka Munene hafi y’uduce twa Ilakala na Swima duherereye mu bilometero 20 uvuye mu mujyi wa Mboko.
Imirwano yo kuri uyu wa Mbere yasize abaturage bo mu duce twa Swima, Lusambo na Mukwezi bahunze, gusa amakuru avuga ko hari benshi bakomeretse.
Mu gihe imirwano ikomeje, amakuru avuga ko Ingabo za Leta ya RDC zirimo zirwana zisubira inyuma kugira ngo zibone uko zerekeza mu mujyi wa Baraka.