ikipe ya Real Madrid yageze muri 1/4 cy’irushanwa rya FIFA Club world Cup 2025 nyuma yo gutsinda Juventus igitego 1-0 mu mukino ukomeye, wakurikiwe n’abantu benshi ku isi hose. Ni umukino wari utegerejwe cyane n’abakunzi b’umupira w’amaguru, dore ko wahuze amakipe abiri akomeye cyan mu mateka y’umupira w’i Burayi.
Igitego rukumbi cy’uyu mukino cyatsinzwe ku munota wa 54 na Gonzalo Grcia, rutahizamu muto witezweho byinshi mu myaka iri imbere. Yagaragaje ubuhanga bwo mu rwego rwo jeuru atsinda igitego cyameje ko Real Madrid ikomeje urugendo muri iri rushanwa mpuzamahanga.
Real Madrid ni imwe mu makipe afite amateka akomeye mur irushanwa rya FIFA Club world Cup. Imaze kuryegukana inshuro 5 (2014,2016,2017,2018 na 2023), ikaba ariyo kipe iite ibikombe byinshi muri iri rushanwa. Kuba yongeye kugera muri 1/4 ni ikimenyetso ko igikomeje kwihagararaho mu ruhando mpuzamahanga.
Kurundi ruhande, Juventus yo mu Butaliyani ikomeje kugaragaza intege nke mu marushanwa akomeye ya FIF. Nubwo ari imwe mu makipe akunzwe cyane kumugabane w’u Burayi, Juventus ntirabasha kwitwara nezam uri Club World Cup mu matka yayo. Kuri iyi nshuro, yagarukiye mu cyiciro cya 1/8 , isezerewe kugitego 1 ku busa.
Iyi ntsinzi ni intangiriro nziza kuri Real Mdrid muri FIFA Club world Cup y’uyu mwaka. Ubu irategereje umukino wa 1/4 aho izahura n’ikipe izava hagati ya Dortmund na Monterrey.


