Général Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu Ukwakira 2022 kugeza mu Ukuboza 2024, ari mu bihe bitamworoheye kuko urwego rw’igisirikare rushinzwe iperereza ntirumukuraho ijisho.

 

Kuva mu Ukuboza, Gen Tshiwewe ni umujyanama wa Perezida Félix Tshisekdi wa RDC mu bikorwa bijyanye n’igisirikare.

Amakuru mabi kuri we yatangiye kumenyekana mu gitondo cyo ku wa 9 Nyakanga 2025, ubwo Gen Maj Maurice Nyembo wahoze ari umuyobozi w’ibiro bye ndetse na Lt Col Adelart Mwiza ushinzwe umutekano we by’umwihariko batawe muri yombi.

 

Gen Maj Nyembo na Lt Col Mwiza batawe muri yombi nyuma y’aho Gen Tshiwewe ashaniye na Gen Jean-Claude Yav Kabeya ku biro by’inama y’igihugu y’umutekano (CNS) saa munani z’urukerera, ibyatumye Tshiwewe ahaguma kugeza bukeye.

 

Urugo rwa Gen Tshiwewe rwagoswe n’abasirikare bo mu rwego rw’iperereza, ndetse banataye muri yombi abarinzi be. Kuva ejo hashize, nta wemerewe kurusohokamo cyangwa se kurwinjiramo.

 

Mu batawe muri yombi kandi havugwamo bamwe mu bayoboke b’itorero rya Gen Tshiwewe, E.R.C (Église du Réveil du Congo).

 

Ubwo Gen Tshiwewe yari Umugaba Mukuru, yihanangirije abasirikare bagambanira igihugu na Perezida Tshisekedi mu gihe ihuriro AFC/M23 ryari rikomeje kwambura abasirikare be ibice byinshi mu burasirazuba bwa RDC.

 

Uyu musirikare ufatwa nka Pasiteri mu itorero E.R.C, yigeze kumvikana mu rusengero rwaryo avuga ko mu bo adashobora kugambanira harimo ‘Fatshi Béton’ ashaka kuvuga Perezida Tshisekedi, ndetse n’Imana.

 

Ntacyo impamvu abo hafi ya Gen Tshiwewe bafunzwe no kugotwa k’urugo rwe iramenyekana, gusa bivugwa ko ashobora kuba akekwaho kugambanira Perezida Tshisekedi no gushaka kumukura ku butegetsi.