banner

Gitifu w’umurenge wo muri Kamonyi yasezeye akazi hakekwa amatangazo aherutse gusohora yumije abantu bose

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Nzeri 2023 nibwo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama, Niyobuhungiro Obed yanditse ibaruwa isezera ayishyikiriza abagize komite y’akarere ka Kamonyi uwo murenge uherereyemo. Aya makuru yemejwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi, Abiyingoma Gerard.

 

Abiyingoma yavuze ko Niyobuhungiro yanditse mu ibaruwa ko asezera ku mpamvu ze bwite nta bindi byinshi yavuze. Hari hashize iminsi mike ku mbuga nkoranyambaga hari guhererekanwa amatangazo ariho izina na kashe by’umurenge wa Karama, mu mazina ya Niyobuhungiro Obed, aho abagiye bayabona bibazaga niba ibyo ari kuvuga bishoboka.

 

Bimwe mu byari bikubiye mu matangazo amwe n’amwe ni uko yavugaga ku bikorwa bigomba gusaba impushya ku murenge kugira ngo bibone gukora, birimo nk’umuryango remezo w’Abagaturika, gukorera ikirori mu rugo, insengero n’ibindi kandi bikaba bifite uruhushya rwanditse ruturutse ku murenge.

Inkuru Wasoma:  Jeannette Kagame yasabye ubufatanye mu kurwanya kanseri y’inkondo y’umura

 

Umuyobozi w’Akarere, Abiyingoma, yavuze ko nubwo nta byinshi Niyobuhungiro yavuze ariko ngo hari amatangazo amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, bishoboka ko ari yo yatumye yinenga agasezera mu kazi. Ati “Akimara gusohora ayo matangazo, ubuyobozi bw’akarere bwaramuganirije, bishoboke ko ariho yahereye yinenga.”

 

Yakomeje avuga ko nta gisubizo ubuyobozi buraha Gitifu Niyobuhungiro ku busabe bwe, gusa bishoboka ko azagihabwa vuba cyangwa agategereza iminsi 30. Icyakora amakuru ari kuvugwa ni uko ubwo Gitifu Niyobuhungiro yasohoraga itangazo, akarere katabyakiriye neza, aho ngo ashobora kuba yarihaye inshingano zitari ize bigatuma asabwa kwandika yegura, kuko ngo n’ibaruwa yayitanze inama y’Umutekano itaguye yateranye.

Gitifu w’umurenge wo muri Kamonyi yasezeye akazi hakekwa amatangazo aherutse gusohora yumije abantu bose

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Nzeri 2023 nibwo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama, Niyobuhungiro Obed yanditse ibaruwa isezera ayishyikiriza abagize komite y’akarere ka Kamonyi uwo murenge uherereyemo. Aya makuru yemejwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi, Abiyingoma Gerard.

 

Abiyingoma yavuze ko Niyobuhungiro yanditse mu ibaruwa ko asezera ku mpamvu ze bwite nta bindi byinshi yavuze. Hari hashize iminsi mike ku mbuga nkoranyambaga hari guhererekanwa amatangazo ariho izina na kashe by’umurenge wa Karama, mu mazina ya Niyobuhungiro Obed, aho abagiye bayabona bibazaga niba ibyo ari kuvuga bishoboka.

 

Bimwe mu byari bikubiye mu matangazo amwe n’amwe ni uko yavugaga ku bikorwa bigomba gusaba impushya ku murenge kugira ngo bibone gukora, birimo nk’umuryango remezo w’Abagaturika, gukorera ikirori mu rugo, insengero n’ibindi kandi bikaba bifite uruhushya rwanditse ruturutse ku murenge.

Inkuru Wasoma:  Jeannette Kagame yasabye ubufatanye mu kurwanya kanseri y’inkondo y’umura

 

Umuyobozi w’Akarere, Abiyingoma, yavuze ko nubwo nta byinshi Niyobuhungiro yavuze ariko ngo hari amatangazo amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, bishoboka ko ari yo yatumye yinenga agasezera mu kazi. Ati “Akimara gusohora ayo matangazo, ubuyobozi bw’akarere bwaramuganirije, bishoboke ko ariho yahereye yinenga.”

 

Yakomeje avuga ko nta gisubizo ubuyobozi buraha Gitifu Niyobuhungiro ku busabe bwe, gusa bishoboka ko azagihabwa vuba cyangwa agategereza iminsi 30. Icyakora amakuru ari kuvugwa ni uko ubwo Gitifu Niyobuhungiro yasohoraga itangazo, akarere katabyakiriye neza, aho ngo ashobora kuba yarihaye inshingano zitari ize bigatuma asabwa kwandika yegura, kuko ngo n’ibaruwa yayitanze inama y’Umutekano itaguye yateranye.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: info@imirasiretv.com

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!