Minisiteri ya Grace Room yari iyobowe na Pastor Juliene Kabanda yambuwe ubuzimagatozi nyuma y’uko ikoze ibihabanye n’itegeko shingiro ry’amadini n’imyemerere.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Gicurasi 2025, Urwego rw’lgihugu rw’lmiyoborere (RGB) rwatangaje ko rwambuye Grace Room icyemezo cy’ubuzimagatozi ku bwo kutubahiriza amategeko agenga Minisiteri nk’uko bikubiye mu itegeko shingiro. 
Iryo tangazo RGB yashyize hanze rigira riti;

Urwego rw’lgihugu rw’lmiyoborere (RGB) ruramenyesha abantu bose ko rwambuye icyemezo cy’ubuzimagatozi Grace Room nka Minisiteri ihuriwemo n’indi miryango kubera kutubahiriza ibikubiye mu itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere by’imiryango ishingiye ku myemerere.

 

Grace Room yakunze gukora ibikorwa bijyanye no gusenga, bikaba bihabanye n’ibikorwa ndetse n’intego z’iyi Minisiteri nk’uko bigaragara mu mategeko shingiro yayo.

 

Imiryango yose yanditswe na RGB isabwa gukora ibikorwa bijyanye n’intego zayo kandi ikagenzura neza ko ibikorwa byayo byose bijyanye n’intego nyamukuru yagaragajwe mu gihe cy’iyandikwa.

 

Gukora ibikorwa binyuranye n’ibyasabiwe uburenganzira, bituma hafatwa ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi, harimo no kwamburwa icyangombwa cy’iyandikwa cyangwa cy’ubuzimagatozi igihe bibaye ngombwa.

 

Urwego rw’lgihugu rw’lmiyoborere ruributsa imiryango yose ishingiye ku myemerere ko igomba guha agaciro icyangombwa cy’ubuzimagatozi yahawe no gukurikiza ibiteganywa n’itegeko ndetse n’amabwiriza bigenga iyi miryango.

 

Igikorwa cyo kugenzura ko amategeko n’amabwiriza byubahirizwa kizakomeza mu rwego rwo guteza imbere umuco wo kubazwa inshingano no gukurikiza amategeko mu miryango ishingiye ku myemerere.”

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru  gitangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Iyo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.