banner

Hamas yifuza kurekura imbohe zose za Israel icya rimwe

Umuvugizi w’Umutwe wa Hamas, Hazem Qassem, yatangaje ko uyu mutwe wifuza kurekura imbohe zose z’Abanya-Israel zikagenda inshuro imwe kugira ngo intambara ihagarare mu buryo burambye kandi ingabo za Israel zisigaye muri Gaza ziveyo.

 

Itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa 19 Gashyantare 2025, rigaragaza ko mu cyiciro cya kabiri cy’amasezerano y’agahenge hagati y’umutwe wa Hamas na Israel, uyu mutwe wifuza kurekura imbohe zose icyarimwe bitandukanye n’uko byagenze mu cyiciro cya mbere.

 

Qassem Yagize ati “Twiteguye ko guhererekanya imbohe mu cyiciro cya kabiri cy’amasezerano y’agahenge bizaba inshuro imwe, bikazavamo guhagarika intambara burundu ndetse n’ingabo za Israel zikava muri Gaza.”

Inkuru Wasoma:  Trump yahakanye iby’uko u Burusiya bushaka gutera OTAN

Hamas yifuza ko guhererekanya imbohe nibirangira intambara ihita ihagarara burundu.

 

Gusa iki cyifuzo ntacyo Leta ya Israel yari yakivugaho, ariko bamwe mu bayobozi ba Israel cyane cyane abarimo abahezanguni ntibishimiye ko intambara yarangira igasiga Hamas iyoboye Gaza.

 

Intambara hagati y’ingabo za Israel na Hamas yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023, nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kigahitana abanya-Israel 1200 abandi barenga 250 bagatwarwa bunyago.

Hamas yifuza kurekura imbohe zose za Israel icya rimwe

Umuvugizi w’Umutwe wa Hamas, Hazem Qassem, yatangaje ko uyu mutwe wifuza kurekura imbohe zose z’Abanya-Israel zikagenda inshuro imwe kugira ngo intambara ihagarare mu buryo burambye kandi ingabo za Israel zisigaye muri Gaza ziveyo.

 

Itangazo ryagiye hanze kuri uyu wa 19 Gashyantare 2025, rigaragaza ko mu cyiciro cya kabiri cy’amasezerano y’agahenge hagati y’umutwe wa Hamas na Israel, uyu mutwe wifuza kurekura imbohe zose icyarimwe bitandukanye n’uko byagenze mu cyiciro cya mbere.

 

Qassem Yagize ati “Twiteguye ko guhererekanya imbohe mu cyiciro cya kabiri cy’amasezerano y’agahenge bizaba inshuro imwe, bikazavamo guhagarika intambara burundu ndetse n’ingabo za Israel zikava muri Gaza.”

Inkuru Wasoma:  Trump yahakanye iby’uko u Burusiya bushaka gutera OTAN

Hamas yifuza ko guhererekanya imbohe nibirangira intambara ihita ihagarara burundu.

 

Gusa iki cyifuzo ntacyo Leta ya Israel yari yakivugaho, ariko bamwe mu bayobozi ba Israel cyane cyane abarimo abahezanguni ntibishimiye ko intambara yarangira igasiga Hamas iyoboye Gaza.

 

Intambara hagati y’ingabo za Israel na Hamas yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023, nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kigahitana abanya-Israel 1200 abandi barenga 250 bagatwarwa bunyago.

Twandikire

Duhamagare

Kwamamaza

Ni ikinyamakuru cyashyizweho kigamije gutangaza amakuru y’umwihariko yo hirya no hino ku isi, yigisha, asana imitima ndetse anamenyesha.

TWANDIKIRE

Phone/ WhatsApp: +250788205788

Email: [email protected]

Izo twaguhitiyemo

Copyright © 2021-2025 IMIRASIRE TV Ltd. All rights reserved.

error: Oops!