Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kiravugwaho kugaba ibitero by’indege za Sukhoi mu bice bituwe cyane bitandukanye byo muri Teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, AFC/M23 yamaganye uku gukomeza kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano.
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC / M23) ryatangaje ko rimenyesha ubwunzi bwa Afurika Yunze Ubumwe n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu nzira yo gushaka amahoro ko Ingabo z’ihuriro rya Guverinoma ya Kinshasa zikomeje kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano.
Mu butumwa yanyujije kuri X, AFC/M23 yagize iti: “Ku wa Gatandatu, itariki ya 18 Ukwakira 2025, izo ngabo zateye ibisasu mu turere dutuwe cyane twa Mpeti, Buhaya, no mu nkengero zaho, ndetse no ku birindiro byacu, hakoreshejwe indege ebyiri z’intambara za Sukhoi-25.”
Yakomeje itangaza ko ibi bitero byahitanye abasivili benshi ndetse abenegihugu benshi bavanwa mu byabo. AFC / M23 ikomeza ivuga ko ikomeje kwifatanya n’abaturage b’abasivili kandi yongeraho ko izabarinda mu buryo bwose ubwo bwicanyi bwisubiramo.