Mu ntambwe itarigeze ibaho, Ubugenzuzi Bukuru bw’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (IG FARDC) bwatangije igikorwa gikomeye cy’ubugenzuzi bugamije kumenya abasirikare badakora ndetse n’abagenerwabikorwa babo biyandikishije mu buryo butemewe.
Intego y’iki gikorwa, Ubugenzuzi Bukuru busobanura ko ari ugusukura imicungire y’imishahara no kurwanya uburiganya buri mu ngabo z’igihugu.
Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku itariki ya 31 Gicurasi rigira riti: “Igikorwa cyo kugenzura abakozi ba gisirikare badakora cyakozwe mu buryo butajenjetse, ubunyangamugayo, ndetse n’ubunyamwuga ku butaka bwose bw’igihugu.”
Bitandukanye n’ibihuha bikomeje, iki gikorwa ngo ntabwo kigamije guca intege igisirikare. Urwego rushinzwe iperereza muri FARDC rwagize ruti: “Intego yacyo ntabwo ari uburyo bwo guca intege ubuyobozi (commandement) ahubwo ni ugutanga amakuru nyayo ku bakozi”.
Ubugenzuzi bwakorewe mu gihugu cyose, ngo bwagaragaje umubare utari muto w’amakosa yakozwe. Abagenerwabikorwa batagaragara muri ‘data base’, impfubyi zirengeje imyaka yemewe n’amategeko kugirango bishingirwe, kandi ngo hari n’abantu bavuga ko ari abasirikare bapfuye nta gihamya bavumbuwe.
Muri izo dosiye, “hagaragaye amakosa menshi akomeye, ari nabyo byatumye, hakurikijwe amategeko yashyizweho, habaho guhagarika by’agateganyo imishahara”, nk’uko inkuru dukesha tazamardc.net ivuga.
Inyuma y’iki gikorwa cy’ubugenzuzi, ngo hari icyifuzo gikomeye cyo kuvugurura imicungire y’imari ya gisirikare.
Ubugenzuzi bubishimangira bugira buti: “Icyifuzo cya nyuma cy’iki gikorwa ni ukurwanya ibikorwa by’uburiganya, ubujura bw’umwirondoro, no kunyereza umushahara.” Ababikurikiranira hafi bavuga ko ikigamijwe ari ukureba niba umutungo wa Leta wungukira gusa abagenerwabikorwa nyabo, aho kuba ba rusahuriramunduru.
Byongeye kandi, Ubugenzuzi Bukuru bwa FARDC bwemera ko gutinda cyangwa gutunganya amakosa bishobora kugira ingaruka kuri dosiye zimwe bizaba ngombwa ko zongera gusuzumwa mu bwitonzi. Icyakora, abagaragaye ko bafite amadosiye y’ibinyoma, harimo n’abakozi bo mu buyobozi, “bazakurikiranwa n’inkiko za gisirikare, hakurikijwe amategeko.”
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Ubugenzuzi Bukuru bwongeye gushimangira ubushake bwo gufatanya n’inzego zose z’ingabo kubahiriza amategeko ya Repubulika. Iki gikorwa ngo gishobora gufungura ibihe bishya byo gukomera no gukorera mu mucyo muri FARDC.